• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
29/12/25
Kamonyi-Mugina: Guhabwa inguzanyo ya VUP bisaba icya 10 (1/10) mu zibanze( Gushingamo Umuheha)
29/12/25
Kamonyi: Ubuyobozi bw’Akarere n’Abafatanyabikorwa biyemeje kunoza imikoranire
29/12/25
Umuyobozi wa Polisi, IGP, CG Felix Namuhoranye ntiyumva uburyo Akarere gatwara imodoka yahembwe Umurenge
29/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee

Diane Rwigara yongeye kugera muri NEC ajyanye ibyangombwa yaburaga

Umwanditsi
July 5, 2017

Diane Rwigara utaragaragaye k’urutonde rw’agateganyo rw’abakandida Komisiyo y’Igihugu y’amatora yatangaje ku ikubitiro, yasubiye muri iyi komisiyo ajyanye ibyangombwa byatumye atagaragara k’urutonde rw’agateganyo.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki 5 Nyakanga 2017 nibwo Diane Rwigara yageze ku kicaro cya Komisiyo y’Igihugu y’amatora, icyamusubije muri iyi komisiyo ni ukuyishyikiriza ibyangombwa yaburaga biri no mu byatumye adashyirwa k’urutonde rw’agateganyo rw’abakandida bagomba guhatanira umwanya wa perezida w’u Rwanda.

Ibyangombwa Diane Rwigara yashyikirije Komisiyo y’Igihugu y’amatora, ni ibyo yari yabwiwe ko agomba kuzuza nyuma y’uko yari amaze gutangarizwa ko ibyo yari yatanze byasuzumwe maze Komisiyo igasanga bituzuye bikaba n’intandaro yo kutagaragara k’urutonde rw’agateganyo rw’abakandida bemejwe.

Diane Rwigara, ubwo yashyikirizaga Komisiyo y’Igihugu y’amatora ibyangombwa bisabwa ushaka kwiyamamariza kuyobora u Rwanda, komisiyo yabyakiriye ivuga ko byuzuye ariko hari hasigaye kubisuzumana, nyuma yo kubisuzuma ntabwo diane Rwigara yisanze k’urutonde rw’abo Komisiyo yemeje by’agateganyo bagomba guhatanira kuyobora u Rwanda.

Ubwo hatangazwaga urutonde rw’agateganyo rw’abakandida Komisiyo yemeje, Diane Rwigara ari mubatunguwe no kutisanga kuri uru rutonde kuko yari aziko yujuje ibisabwa byose ndetse anahamya ko yumvaga yaranatanze ibirenze ibyasabwaga.

Ubwo yasubiraga muri Komisiyo y’Igihugu y’amatora ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu ayishyiriye ibyangombwa yabwiwe kuzuza birimo n’imikono y’abamusinyiye, akimara kuyishyikiriza ibyangombwa, mu kiganiro kigufi yahaye itangazamakuru yavuze ko noneho yizeye ko byuzuye ko kandi yizeye kuzagaragara k’urutonde ndakuka rw’abakandida bazemezwa na Komisiyo y’Igihugu y’amatora ko aribo bazahatanira kuyobora u Rwanda binyuze mu matora ateganijwe tariki ya 3 n’iya 4 Kanama 2017.

Urutonde rw’agateganyo rwatangajwe na Komisiyo y’Igihugu y’amatora, ruriho abakandida babiri aribo: Paul Kagame usanzwe ariwe Perezida w’u Rwanda akaba ari umukandida w’Umuryango RPF-Inkotanyi, urutonde kandi ruriho Dr Frank Habineza w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda (The Democratic Green Party of Rwanda).

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5928 Posts

Politiki

4177 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1040 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

155 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga