• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
18/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
18/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
18/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Mpayimana Philippe mu nzira zimugarura mu Rwanda

Umwanditsi
July 6, 2017

Philippe Mpayimana, watanze Kandidatire ye muri komisiyo y’Igihugu y’amatora nk’umukandida wigenga ushaka kuziyamamariza kuyobora u Rwanda binyuze mu matora y’umukuru w’Igihugu yo muri Kanama 2017 nubwo urutonde rw’agateganyo rw’abemerewe rwatangajwe adahari ariko kandi nta narubonekeho, aratangaza ko ari mu nzira zimugarura i Kigali.

Mu itangazo nomero 11 yageneye abanyarwanda, Mpayimana Philippe watanze Kandidatire ye nk’umukandida wigenda muri Komisiyo y’Igihugu y’amatora ushaka guhatanira kuyobora u Rwanda binyuze mu matora ya tariki 3 n’iya 4 Kanama 2017, atangaza ko kuri uyu wambere tariki 10 Nyakanga 2017 araba asesekaye i Kigali.

Mpayimana, atangira agira ati:” Nzakomeza gukorera abanyarwanda uko biri kose. Nishimiye kumenyesha abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda, ko nzagaruka mu gihugu kuwa mbere tariki 10 Nyakanga 2017 isaa sita niminota 40. Mu ndege ya Etiopian Airlines.”

Kuri gahunda y’amatora y’umukuru w’Igihugu, Mpayimana avuga ko ateganya kwegera Ambassade y’u Rwanda mu Bufaransa kuri uyu wa gatanu tariki 7 Nyakanga 2017 umunsi umwe n’uwo Komisiyo y’Igihugu y’amatora izatangaza urutonde ndakuka rw’Abakandida baziyamamariza kuyobora u Rwanda maze ngo agatanga ubutumwa bwo gushimira Abanyarwanda bose bitabiriye Gahunda yo gushyigikira ubwisanzure na Demokarasi mu izina rya Mpayimana Philippe.

Mpayimana, atangaza ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yaba imwemeje cyangwa se itamwemeje, azatanga ikiganiro ku banyamakuru agaragaza uko yiteguye gukomeza gukorera Abanyarwanda, ikiganiro kizabera I Paris mu Bufaransa kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Nyakanga 2017.

Mu bibazo Mpayimana Philippe yabajijwe n’intyoza.com ku bijyanye n’itangazo yashyize ahagaragara ryo kugaruka mu Rwanda kwe, nta nakimwe yifuje gusubiza. Bimwe muri ibyo bibazo ni ibyerekeranye n’abibaza niba abaye adatangajwe na Komisiyo koko gahunda yo kugaruka yayikomeza nkuko yayitangaje, kuba hari abavuga ko yahunze, Niba koko ubwenegihugu bivugwa ko yari afite yarabusubije n’Ibindi.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga