• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
06/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana
06/09/25
Kamonyi-Blue Sky School: Abanyeshuri n’Abarimu bashimiwe ku guhesha ikigo ishema
06/09/25
Kamonyi-Runda: Umugabo w’imyaka 35 y’amavuko yasanzwe amanitse mu mugozi
06/09/25
Kamonyi-Mukinga: Abana basaga 128 bataye n’abacikishirije ishuri bagiye kurisubizwamo

Uwigeze gukina umupira w’amaguru muri Manchester United yabaye Padiri

Umwanditsi
July 10, 2017

Philip Mulryne, wahoze ari umukinyi w’umupira w’amaguru wabigize umwuga, yahawe isakaramentu ry’ubusaseridoti (Padiri) mu mujyi wa Dublin na Musenyeri Joseph Augustine Di Noia yaturutse i Roma.

Philip Mulryne, Nyuma yo gusezera burundu umupira w’amaguru yatangiye urugendo rwo kwiyegurira Imana, yaherukaga kugirwa umudiyakoni mu Kwakira k’umwaka ushize wa 2016.

Mulryne, yavukiye mu mujyi wa Belfast, yakiniye ikipe y’Igihugu ya Irlande du Nord mu makungu incuro 27, atsinda ibitego 3, yakiniye kandi amakipe atandukanye arimo; Norwich City na Leyton Orient.

Yatangiranye n’ikipe y’umupira w’amaguru ya Manchester United mu 1997, aha ariko ntabwo yahise ahera mu ikipe nkuru ahubwo yahereye mu ikipe ya kabiri y’abato. Ntabwo yabashije gukinira iyi kipe igihe kirekire kuko yahise ajya mu ikipe ya Norwich City muri 1999, aha naho ntabwo hamuhiriye kuko yahagiriye ibibazo by’imvune.

Mulryne, nkuko bbc dukesha iyi nkuru ibivuga, yasezeye ku mugaragaro gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga muri 2009, aha niho yahise ajya gutangira urugendo rw’ubuzima bwo kwiha Imana mu iseminari ya Saint Malachy muri Belfast.

Nyuma y’impamyabushobozi ya Philosophie yabonye ahereye muri kaminuza ya Queens muri Belfast, yagiye kwiga Theology muri Gregorian University i Roma. Yinjiye mu kigo cy’umuryango w’aba Dominikani cya Cork mu 2012.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5860 Posts

Politiki

4111 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga