• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: DASSO yatawe muri yombi azira ruswa

Umwanditsi
July 11, 2017

Uwishyaka perpetue, DASSO mu murenge wa Rugarika akagari ka Kigese yatawe muri yombi n’inzego za Polisi ubwo yakiraga Ruswa y’umuturage y’ibihumbi 30,000 y’u Rwanda.

DASSO Uwishyaka Perpetue, ukorera mu murenge wa Rugarika mu kagari ka Kigese. Kuri uyu mugoroba wa tariki 11 Nyakanga 2017 yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka kamonyi ubwo yakiraga ruswa y’umuturage yabwiraga ko agomba ku mufasha mu kubona ibyangombwa byo kubaka.

DASSO Uwishyaka, yafatiwe mu murenge wa Runda mu kagari ka Ruyenzi aho yari yahanye gahunda n’umuturage wagombaga ku muha aya mafaranga ibihumbi 30 by’u Rwanda. Akimara gutabwa muri yombi yajyanywe gufungirwa kuri Sitasiyo ya polisi ya Runda ari naho araye.

Renzaho Nepomuscene, umuturage wagombaga guha DASSO amafaranga, yatangarije intyoza.com ko ahubwo aya mafaranga ibihumbi 30 ari macye kuyo yari yaramuhaye, avuga ko hari ibihumbi 200 yari yarabanje kumuha mbere yubaka inzu.

Renzaho yagize ati:” Nagiye kwaka icyangombwa cyo kubaka anyizeza ko ni muha ibihumbi 200 yabikora akakinzanira, narabimuhaye ambwira ko azakinzanira ariko ko azabicisha k’ushinzwe imiturire mu kagari no mu murenge. Byarangiye ntakibonye ariko arambwira ngo ni ngende nubake ntawe uzankoraho, narayamuhaye ndagenda ndubaka maze kubaka inzu ndayitaha nshaka kubaka igikoni maze nacyo aza ku nyaka amafaranga ariko mbikurikiye nsanga nta n’aho bihuriye. Mbibajije bambwira ko nazagaragaza igihanga cy’uko koko ayo mafaranga akunda kuyafata avuye mu maboko yanjye. Amafaranga nibwo yansabye kuyamuha none ndayamuhereza bamufata gutyo.”

Nsengiyumva Celestin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugarika yemereye intyoza.com ko uyu mu DASSO Uwishyaka yakoreraga mu murenge wa Rugarika ayobora mu kagari ka Kigese, ko yatawe muri yombi ariko ko nta byinshi yavuga ku ifatwa ry. Avuga kandi ko uyu abaye uwa kabiri mu gihe kitarenze ibyumweru 2 utawe muri yombi n’inzego za Polisi nyuma y’umwunzi wafashwe mu cyumweru gishize azira ruswa y’ibihumbi 10 by’u Rwanda aho ubu yashyikirijwe ubutabera.

IP Emmanuel Kayigi, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’amajyepfo avugana n’intyoza.com k’umurongo wa terefone ngendanwa, yatangaje ko aya makuru yari atarayabona ko agiye kubaza, ubwo twongeraga ku muvugisha yavuze ko yari atarayahabwa, yari agitegereje.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga