• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Nyamagabe: Kubufatanye n’abaturage, umugabo ucuruza urumogi yatawe muri yombi

Umwanditsi
July 12, 2017

Ku itariki ya 10 Nyakanga 2017, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Nyamagabe yataye muri yombi umugabo witwa Ntakirutimana Emmanuel utuye mu mudugudu wa Bususuruke akagari ka Kagano Umurenge wa Kitabi, akurikiranyweho kunywa no gucuruza urumogi.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo Inspector of Police (IP) Emmanuel Kayigi, yavuze ko kugirango uyu mugabo afatwe ari abaturage bahaye Polisi amakuru ko hari urumogi rwaje iwe kandi ko ari kurufunga mu dupfunyika ngo abone uko arugurisha.

Yavuze ati”Mu Rwanda tumaze kugira abaturage b’inyangamugayo ku buryo gukumira, kurwanya icyaha no gutangira amakuru ku gihe babigize ibyabo. Aba rero nibo bamenye ko Ntakirutimana afite urumogi kandi ari no kurufunga mu dupfunyika duto, bahita babimenyesha Polisi ikorera hafi y’aho atuye nayo ijya kumureba, imusangana udupfunyika 220 twarwo.”

IP Kayigi, yashimiye aba bafatanyabikorwa ba Polisi y’u Rwanda batumye Ntakirutimana afatwa, anasaba abataragira uyu muco uwabo guhinduka nabo bakumva ko gukumira no kurwanya ibyaha ari inshingano zabo, kugirango dukomeze tugire igihugu kitarangwamo ibyaha kandi kihuta mu iterambere.

Yaboneyeho umwanya wo gusaba abakinywa n’abagicuruza urumogi ndetse n’ibindi biyobyabwenge kubireka kuko abishora muri ibi byaha ahanini batitabira ibikorwa bibateza imbere, anasaba ko abaturage bajya batungira agatoki inzego z’umutekano abacuruza n’abanywa ibiyobyabwenge kugira ngo bagarurwe mu murongo wo gukora ibyemewe n’amategeko.

Mu gihe iperereza rikomeje, uyu Ntakirutimana afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kitabi.

Mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, ingingo ya 594 ivuga ko umuntu wese unywa cyangwa ukoresha ibiyobyabwenge, ahanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe (1) kugeza ku myaka itatu (3), n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi mirongo itanu (50.000Frw) kugeza ku bihumbi magana atanu (500.000Frw).

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga