• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Ngoma: Abayobozi b’Imisigiti basabwe kuba abafashamyumvire

Umwanditsi
July 22, 2017

Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodis yasabye Abayobozi b’Imisigiti iri muri aka karere kuba Abafashamyunvire bakangurira ibyiciro byose by’abantu kwirinda ibyaha aho biva bikagera.

Meya Nambaje Aphrodis, Ibi yabibasabye ku itariki 20 Nyakanga 2017 mu nama yagiranye n’abagera kuri 90 bari bahagarariye imisigiti 30 ibarizwa hirya no hino muri aka karere.

Iyo nama yabereye mu cyumba cy’inama cya SACCO y’Umurenge wa Kibungo. Polisi y’u Rwanda yayitumiwemo kugira ngo iganirize abo bayobozi b’Imisigiti ku ruhare rwabo mu gukumira ibyaha.

Mu kiganiro yagiranye na bo, Nambaje yabasabye kuba Abafashamyunvire bakangurira Abayisilamu n’umuryango nyarwanda muri rusange kwirinda ikibi n’igisa na cyo bababwira ingaruka zo gukora ibyaha cyangwa kubigiramo uruhare.

Yagize ati”Ibikorwa by’abanyabyaha bigira ingaruka ku mutekano w’abantu n’ibyabo. Kuwubungabunga ntibigomba guharirwa inzego runaka; ahubwo buri wese akwiye kumva ko afite inshingano zo gukumira icyo ari cyo cyose cyawuhungabanya. Uruhare rwanyu mu gukumira ibyaha rurakenewe bitewe n’imbaga nini y’abantu mwigisha.”

Ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego mu karere ka Ngoma, Inspector of Police (IP) Roger Rwakayiro yabwiye abo bayobozi b’Imisigiti ko umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye; hanyuma abasaba gutanga umusanzu mu kuwubungabunga bakangurira abandi kwirinda ibyaha.

Yababwiye ati,”Murasabwa kuba amaso n’amatwi by’umutekano. Mukwiriye kandi kubikangurira abo muhagarariye ndetse n’umuryango nyarwanda muri rusange; bityo habeho ubufatanye mu gukumira ibyaha byose.”

IP Rwakayiro yabasabye gukangurira urubyiruko rwa Isilamu kwirinda ingengabitekerezo y’ubutagondwa n’ubuhezanguni barwigisha kwima amatwi uwo ari we wese wabakangurira kwanga cyangwa kugirira nabi uwo badahuje imyemerere; ahubwo bakimakaza muri bo umuco wo gukunda igihugu n’abagituye bose batavanguye.

Yabasabye kandi gutangira ku gihe amakuru yerekeye ikintu cyose babona ko gishobora guhungabanya umutekano kugira ngo inzego zibishinzwe zigikumire.

Mu ijambo rye, Umuyobozi w’agateganyo w’Abayisilamu mu karere ka Ngoma, Katano Yassin yagize ati”Ibiganiro twagiranye n’Ubuyobozi bw’akarere kacu na Polisi ni ingirakamaro kuko byatumye dusobanukirwa mu buryo bwimbitse uruhare rwacu nk’Idini ya Isilamu mu kubungabunga no gusigasira umutekano; kandi  tuzahora tubizirikana.”

Mu izina rya bagenzi be, ndetse no mu rye bwite yashimye inama bagiriwe, kandi yizeza inzego zabaganirije ubufatanye mu gukumira ikintu cyose cyabangamira iterambere ndetse n’icyahungabanya umutekano.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga