• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
05/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
05/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
05/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Gakenke: Amasaha agera kuri 29 bari munda y’Isi babonywe bakiri bazima

Umwanditsi
July 25, 2017

Nyuma yuko abagabo batatu bagwiriwe n’ikirombe imiryango yabo, ababazi bagatangira guhangayika bibwira ko byarangiye, nyuma yuko kandi umwe muribo avuyemo ari muzima, abandi babiri nabo bakuwemo bakiri bazima nyuma y’amasaha agera kuri 29 bari munda y’Isi.

Mu masaha ya saa sita z’amanywa kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Nyakanga 2017 nibwo abagabo babiri batabawe bakurwa mu kirombe cyari cyabagwiriye, bakuwemo ari bazima bahita bihutanwa kwa muganga kuko bari bamerewe nabi, mugenzi wabo wa gatatu we yari yavuyemo ku munsi w’ejo tariki 24 Nyakanga 2017 nawe ari muzima.

Abakuwe muri iki kirombe cy’amabuye y’agaciro cyangwa se munda y’Isi uko ari babiri ni; Nzeyimana Daniel, Matabaro Alexis mu gihe mugenzi wabo wa gatatu witwa Ntirenganya Zephanie yavuyemo ku munsi w’ejo tariki 24 Nyakanga 2017 ariko akavamo atameze neza aho yahitiye kwa muganga.

Abagize imiryango y’aba bantu bose uko ari batatu, bakigwa mu kirombe habayeho kwiheba, gusa ubwo zephanie yavagamo batangiye kugira icyizere ko hashyizwemo imbaraga hagakorwa ubutabazi n’abandi bashobora gutabarwa ari bazima nubwo icyizere cyari gike.

Aba bagabo uko ari babiri bakuwe mu kirombe batameze neza bahita berekezwa ku bitaro bya Shyira ku gira ngo bakurikiranwe kuko bari bamerewe nabi. Mu gukuramo aba bagabo hitabajwe imashini, abacukuzi, abaturutse Ruli bo muri Koperative y’ubucukuzi bw’amabuye yitwa COMIKAGI hamwe n’ubuyobozi.

Aba bagabo bose uko ari batatu bari baguye mu kirombe tariki 24 Nyakanga 2017 mu masaha y’igitondo ahagana ku i saa mbiri. Umwe ntabwo yarayemo mu gihe babiri bakuwemo nyuma y’amasaha agera kuri 29 bari munda y’Isi.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5827 Posts

Politiki

4078 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga