• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/03/26
Kamonyi: Kwegera Umworozi ntibikwiye kuba gusa igihe itungo rye ryagize ikibazo-Visi Meya Uzziel
30/03/26
Kamonyi-Karama/Umuganda: Abaturage basabwe kurwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside n’Imvugo z’urwango
30/03/26
Amajyepfo: Polisi yafashe Litiro zisaga ibihumbi 157 zirimo n’iza Kanyanga, ifata Urumugi n’ababibarizwamo
30/03/26
Kamonyi-Nyarubaka: Umwana w’imyaka 4 y’amavuko yapfuye azize Ibiza

Gukomeza kubakorera ni ishema ryinshi kuri Njye-Perezida Kagame

Umwanditsi
August 18, 2017

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame mu ijambo yagejeje ku bitabiriye umuhango w’irahira rye mu kongera kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka 7 yatorewe, yahamirije abanyarwanda ko aterwa ishema no kubakorera.

Perezida Paul Kagame, umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda watowe n’abanyarwanda ngo yongere abayobore muri manda y’imyaka 7 iri imbere, kuri uyu wa gatanu tariki ya 18 Kanama 2017 ubwo yafataga ijambo nyuma y’indahiro yakoreye imbere y’imbaga y’abanyarwanda n’abanyamahanga bari bitabiriye uyu muhango yahamirije abanyarwanda ko Kongera kubakorera ari ishema kuri we.

Perezida Kagame yagize ati” Gukomeza kubakorera, Ni ishema ryinshi kuri Njye.” Yababwiye kandi ko by’umwihariko abashimira ku cyizere bongeye kumugirira bakamutorera kongera kubayobora muri iyi manda y’imyaka 7 yarahiriye none.

Perezida paul Kagame ubwo yagezaga ijambo ku mbaga y’abitabiriye umuhango wo kurahira kwe.

Yagize ati” Banyarwanda, nagira ngo by’umwihariko mbashimire, icyizere mwongeye kungirira. Ikiruta ariko; ni icyizere mwifitiye ubwanyu n’ikiri hagati yanyu.”

Yashimiye kandi abanyarwanda uburyo bitabiriye ibirori by’irahira rye, ababwira ko atari ibye gusa ko ahubwo ari ibyabo bose. Yagize ati” Nagira ngo rero mbanze mbashimire ukuntu mwitabiriye ibi birori, n’ubundi ni ibyacu twese.”

Umuhango w’irahira rya Perezida Paul Kagame witabiriwe n’imbaga y’abanyarwanda batari bacye baturutse impande z’Igihugu no hirya no hino ku isi, uyu muhango kandi wanitabiriwe n’abakuru b’ibihugu, abakuru ba za Guverinoma hamwe n’abahoze bayobora ibihugu bose hamwe basaga 20, ibintu bitari byarigeze bibaho mbere, wanitabiriwe kandi n’abandi banyacyubahiro banyuranye baturutse mu mpande z’Isi yose.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5944 Posts

Politiki

4193 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga