• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Impunzi zisaga 2400 zakuwe mu nkambi ku ngufu irafungwa

Umwanditsi
August 18, 2017

Mu majyaruguru y’umujyi wa Paris mu gihugu cy’Ubufaransa mu nkambi y’I Porte de la Chapelle, impuzi zisaga 2400 zakuwe mu nkambi ku ngufu kandi bitunguranye inkambi irafungwa kubwo kubona nta mutekano.

Igikorwa cyo kwirukana izi mpunzi mu nkambi y’i porte de la chapelle mu murwa mu kuru w’u Bufaransa I Paris, cyabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 18 Kanama 2017 mu masaha ya mugitondo aho cyakozwe n’igipolisi cy’iki gihugu ku mpamvu ngo yo kuba iyi nkambi itari yujuje ibisabwa birimo no kutizera umutekano w’izi mpunzi.

Ni mu gikorwa cyakozwe n’abapolisi barenga 300 cyo kwirukana impunzi zari zimaze ibyumweru bitari bike mu nkambi iherereye Porte de la Chapelle, mu majyaruguru y’umurwa mukuru Paris.

Iki gikorwa cyatangiye kuri uyu wa Gatanu, Iyi ibaye inshuro ya 35 mu myaka ibiri muri uyu mujyi nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa polisi bukorera muri uyu mujyi.

Nyuma y’amasaha atandatu, abapolisi 350 bamaze guhabwa amabwriza yo kwirukana izi mpunzi, impunzi zisaga 2,400 zahise zisabwa gufata imizigo yazo irimo udukapu duhekwa inyuma mu mugongo mbere yo kurizwa imodoka zirenga 30 zikavanwa muri iyi nkambi.

Amakuru dukesha Le Monde.fr, avuga ko umukuru wa polisi muri uyu mujyi yagize ati” Iyi nkambi ntiyubahirije amategeko ku buryo bishobora guteza ibibazo by’umutekano muke ndetse no ku buzima bw’impuzi ziyirimo. Niyo mpamvu twafashe icyemezo cyo kuyisenya”.

Umuyobozi wa Polisi yongeyeho ati “Twakoresheje uburyo budasanzwe kuko twabonaga uburyo bwo kubayobora bugoranye kandi buri wese azafashwa bitewe n’ibibazo afite. Izi mpunzi zakuwe shishitabona muri iyi nkambi, amakuru amwe avuga ko zimwe zishobora gusubizwa mu bihugu zikomokamo ku ngufu.

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Murekezi Zacharie / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga