• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Uruganda rwa SUPA rufashwe n’inkongi y’umuriro rurashya

Umwanditsi
August 22, 2017

Uruganda rwa SUPA ruherereye mu mujyi wa Kigali ruzwi cyane mu gukora ibikoresho byifashishwa ahanini mu isuku rwafashwe n’inkongi y’umuriro rurashya, Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe ibyo kuzimya inkongi z’imiriro yatabaye.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 22 Kanama 2017 mu mujyi wa Kigali mu karere ka Kicukiro, umurenge wa Kicukiro ahaherereye uruganda rukora cyane ibikoresho byifashishwa mu isuku rwa SUPA rwafashwe n’inkongi y’umuriro rurashya, Polisi ishinzwe kuzimya inkongi z’imiriro yabariye hafi rutarakongoka rwose.

SP Emmanuel Hitayezu, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali yatangarije intyoza.com ko aya makuru yo gushya k’uru ruganda ari impamo ariko ko kugeza iyi saha Polisi igitanga ubutabazi mu kuzimya igice cy’uru ruganda cyafashwe n’inkongi y’umuriro.

SP Hitayezu yagize ati” Nibyo. Uruganda rwafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana ku i saa cyenda n’igice, nibwo rwatangiye gufatwa ariko hafashwe igice cy’ububiko( Stock) ahantu hari imashini, Polisi iracyari mu gikorwa cyo kuzimya, kugeza ubu umuriro wagabanutse.”

Uruganda rwa SUPA rwafashwe n’umuriro, ntabwo kugeza ubu intandaro yo gushya kwarwo iramenyekana ndetse n’ibyaba byangiritse bitewe n’iyi nkongi yadutse muri uru ruganda ntabwo biramenyekana nkuko SP Hitayezu, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali yabitangarije intyoza.com

 Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga