• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Impamvu za Perezida Kagame wanze kuyobora u Rwanda mu 1994 zarumviswe

Umwanditsi
August 28, 2017

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nyuma kandi y’Urugamba rwo kubohora u Rwanda, Paul Kagame yasabwe kuba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda arabyanga ariko kandi anatanga impamvu zumvikana zatumye ibyo yasabwaga bihabwa undi.

Impamvu zo kutemera kuba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda nkuko yabisabwaga nyuma y’urugamba rwo kubohora u Rwanda ndetse no guhagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994, Perezida Paul Kagame uherutse gutorerwa manda ye ya gatatu yo kuyobora u Rwanda, yazisobanuriye umunyamakuru wa Financial Times ubwo baganiraga ku ngingo zitandukanye zirebana nawe ubwe n’Igihugu muri rusange.

Perezida Kagame, yatangarije uyu munyamakuru ko atigeze yifuza kuba Perezida nubwo yabisabwaga mu 1994 nyuma y’urugamba rwo kubohora Igihugu no  guhagarika Jenoside. Ubwo yabisabwaga yatanze impamvu nyamukuru zaje no gutuma ibyo yasabwaga bihabwa undi.

Asobanurira umunyamakuru wa Financial times, Perezida Paul Kagame yagize ati”Hari impamvu nyinshi zagombaga gutuma ntabyemera. Mbere ya byose nabwiye abo mu Ishyaka ko umwanya ukomeye hejuru y’indi ari uwa Chairman w’Ishyaka, ntabwo yari njyewe. Twabyemeranijweho. Twohereza izina, baravuga bati kuki atari wowe? Narababwiye nti sinshaka kuba Chairman…, sinshaka kuba Minisitiri w’Intebe wungirije, si nshaka kuba Minisitiri w’Ingabo wungirije. Nzahitamo kuba umugaba w’Ingabo wungirije, hanyuma mbasobanurira n’impamvu… Narababwiye nti numva nshaka kuba hafi cyane y’ingabo twari tumaze igihe dufatanya kurwana, ndashaka kugumana n’abasirikare bacu, kuburyo hagize n’ikintu cyaba twaba dufite icyizere ko twakongera tukisuganya tukarwana tukizera umutekano wacu.”

Yaravuze kandi ati” Sinshaka kuba Perezida, kuko Perezida agomba kuba ahugiye mu bindi bintu, nti nimurebe amamiliyoni y’abantu ku mupaka w’u Rwanda na Zaire, bafite intwaro kandi barimo kwisuganya, barashaka kudutera bityo ntabwo naba Perezida ngo nabashe icyarimwe gutangira kurwana nabo. Icya kabiri, narababwiye nti murabizi, mureke duhitemo umuntu wakuriye hano, uzi neza abantu ba hano, uzi ikirere n’imiterere y’u Rwanda. Njyewe ndumva ntiteguye bihagije. Hanyuma kandi ndababwira nti; hari ikindi kintu gikomeye tugomba kubanza gukemura, aho bakidufata nk’abanyamahanga.” Izi ni zimwe mu mpamvu zikomeye Perezida Paul kagame yatangarije umunyamakuru wa Financial times zatumye atemera kuba Perezida w’u Rwanda nyuma y’urugamba rwo kubohoza u Rwanda no guhagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994.

Perezida Paul Kagame, ubwo yangaga kuyobora u Rwanda biturutse ku mpamvu yagaragaje, uyu mwanya wahise uhabwa Pasteur Bizimungu. Uyu ni we wahise ayobora u Rwanda nyuma y’urugamba rwo kubohora Igihugu no guhagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi.

Perezida Bizimungu Pasteur, yagiye ku ntebe y’umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda tariki 19 Nyakanga 1994 aho yungirijwe ku mwanya w’umukuru w’Igihugu na Major General Paul Kagame nka Visi Perezida aho kandi ari nawe wari umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda. Perezida Pasteur Bizimungu yayoboye u Rwanda mu gihe kigera hafi ku myaka 6. Perezida Bizimungu Pasteur, yavuye ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda tariki ya 23 Werurwe 2000 atangaza ko yeguye ku bushake bwe.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga