• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Nyamasheke: Barasaba kutaryozwa iby’abana babo bata ishuri bararuwe n’ababazi b’ingurube

Umwanditsi
August 29, 2017

Mukarere ka Nyamasheke intara y’uburengerazuba, ababyeyi barasaba ko ubuyobozi bwajya buta muriyombi, abantu bashuka abana bato bakabashora mukazi ko kubaga ingurube, aho gufata ababyeyi babo kuko ngo ababazi aribo batiza umurindi abana wo guta ishuri.

Ababyeyi bavugako iyo ubuyobozi bufashe umwana wataye ishuri arimo kuzerera, ko buhita bufata n’umubyeyi wuwo mwana. Nyuma yo gutabwa muri yombi kw’ababyeyi ngo bacibwa amafaranga y’amande agera ku bihumbi bibiri.

Umwe mubabyeyi bo mu murenge wa bushenge yagize ati“Twebwe turasaba ubuyobozi ko bwajya bukurikirana abantu babaga ingurube kuko aribo bashuka abana bakabashora muri ako kazi bityo ugasanga nitwe tubiryozwa igihe inzego z’ubuyozi zifashe wa mwana atari ku ishuri.” Bakomeza bavugako ikibazo cy’abana bata ishuri bakajya mubuzererezi no kubaga ko cyakemuka ari uko ubuyobozi bushyize ingufu mu guhiga aba bashora abana mububazi bakiri bato.

Aba ni bamwe mu baturage b’umurenge wa Bushenge.

Undi mubyeyi yagize ati“Ubuyobozi buraza bwafata nkuwo mwana wanze ishuri ugasanga nitwe babyeyi dufashwe tukajyanwa gusobanura impamvu umwana yanze kwiga. Nyamara kandi hari igihe ubwo buyobozi buba bwafatiye wamwana kuri wamuntu wamushoye mu bubazi ariko ugasa uwo muntu ntacyo bamutwaye, agakomeza kwidegembya aho ngaho.” Avugako gucika kw’ikibazo cyabana bata ishuri muri aka gace byashoboka mu gihe ubuyobozi bwafata ingamba zo kujya bafata aba bantu bashuka abana.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Kamali Faustin Fabien, avugako iyo umwana afashwe yaranze kwiga ngo ababyeyi buwo mwana nabo barabafata bakabajyana bakajya gusobanura impamvu umwana yavuye mu ishuri.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke bwana Kamali Faustin Fabien.

Yagize ati “Mberenambere umubyeyi niwe dufata akaza kudusobanurira igituma umwana yaravuye mu ishuri akaba yirirwa azerera.” Avuga ko bagiye no kujya bafata umuntu wese ushora umwana muto mukazi ko kubaga. Ibi bikaba bizakorwa mu rwego rwo gushaka igisubizo gihamye kubana bagaragaraho guta ishuri.

Ababyeyi bavuga ko iki kibazo cyo gushora abana mukazi ko kubaga ko bibagiraho ingaruka mbi kuko ngo usanga abana barigize intakoreka imbere yababyeyi babo ndetse nokuri bakuru babo kandi baba bakiribato.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Jean Bosco Mbonyumugenzi / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga