• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Guverinoma iyobowe na Ngirente Edouard, kurahira kwe hari abo imitima itari hamwe

Umwanditsi
August 31, 2017

Mu gihe Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, paul Kagame yarahizaha Minisitiri w’Intebe mushya, Bwana Ngirente Edouard kuri uyu wa 30 kanama 2017, bamwe mu bari basanzwe muri Guverinoma yacyuye igihe byagaragaraga ku maso ko imitima yabo itari hamwe, ese baba bibazaga uko biragenda muri Guverinoma Nshya?

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 30 Kanama 2017, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya, bwana Ngirente Edouard utari usanzwe uzwi cyane muri politiki y’Igihugu, asa n’uwatunguranye kubatari bake nubwo yigeze kuba umukozi wa Leta mu myaka isaga itandatu ishize.

Minisitiri w’Intebe, Ngirente Edouard arahirira imirimo mishya.

Mu gihe cy’Irahira rya Minisitiri w’Intebe Bwana Ngirente Edouard, benshi mu bari bateraniye mu ngoro y’Inteko ishinga Amategeko aho umuhango w’Irahira rye wabereye, wabonaga ku maso ya benshi bibaza byinshi, bamwe muri aba bayobozi bagiriwe icyizere bagaruka muri Guverinoma nshya abandi barasigara.

Guverinoma Nshya yashyizweho na Perezida wa repubulika Paul Kagame afatanije na Minisitiri w”intebe, bwana Ngirente Edouard, igizwe n’abaminisitiri 20 mu gihe kandi ifite Abanyamabanga ba Leta 11. Uretse aba bayobozi muri Guverinoma batandukanye bashyizweho, Perezida Paul Kagame yanashyize mu myanya abandi bayobozi batandukanye.

Abatari bacye mu bayobozi bari muri Guverinoma yacyuye igihe bibazaga byinshi. Photo online

Guverinoma Nshya iyobowe na Ngirente Edouard, ije isimbura Guverinoma yacyuye igihe yari iyobowe na Bwana Murekezi Anastase.

Minisitiri w’Intebe ucyuye Igihe, yashimiwe na perezida wa Repubulika Paul Kagame ku kazi yakoze, kuba yaragakoranye umurava n’ubwitange. Anastase Murekezi, Minisitiri w’Intebe ucyuye igihe yahise ashingwa imirimo mishya aho yagizwe Umuvunyi mukuri.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga