• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Polisi yasobanuye iby’ihohoterwa rivugwa ryakorewe abanyamakuru rikozwe n’abarinda Perezida

Umwanditsi
September 3, 2017

Abanyamakuru bane ubwo bari hafi y’urugo rw’umuryango wa Assinapol Rwigara mu Kiyovu, batangaje ko bagiriwe ihohoterwa n’abasirikare babarizwa mu mutwe urinda umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Polisi y’u Rwanda yatangaje ko nta hohoterwa ryabaye, ko habaye ukutumvikana no kutamenyana neza.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Theos Badege asobanura kuri iki kibazo cy’abanyamakuru n’abarinda umutekano w’Umukuru w’Igihugu, yagize ati” Abasirikare bagize amakenga y’abantu babonaga bagendagenda, barabegera  ndetse barabibwira…Icyabaye mu bigaragara ni ukutabasha kumenyana no kutumvikana neza, ubundi nta kutumvikana byagombaga kubaho kuko baba abasirikare baba abanyamakuru, buri wese yari mukazi  ke…Abanyamakuru bahise babimenyesha Polisi ihita ibikurikirana birakemuka, nta mpamvu bari kuvuga ko bahohotewe. Polisi yubaha uburenganzira bw’abanyamakuru mu kubona amakuru mu gihe bubahiriza amategeko kandi muri iki gihe nta tegeko ritubahirijwe.

ACP Badege, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yanyomoje ibikomeje kuvugwa ko umuryango wa Rwigara waba ufunze, atangaza ko atari ukuri n’ubwo ngo hari ibyo bakurikiranyweho. Yagize ati: “Nta muntu n’umwe muri bo uri mu maboko ya Polisi kandi Polisi izi ko babonana bikwiye n’ubunganira mu mategeko. Banitaba Polisi igihe cyose babisabwe mu gihe iperereza rikomeje. Basabye ko igihe cyo gukomeza kubabaza cyaba kigijwe inyuma kugirango babanze bavugane n’Umunyamategeko wabo kandi ibi barabyemerewe.”

Ikibazo cy”ihohoterwa ryatangajwe n’abanyamakuru bane bavuga ko bahohotewe n’abarinda umukuru w’Igihugu ubwo bari bagiye gutara inkuru mu Kiyovu aho umuryango wa Rwigara Assinapol utuye , nubwo Polisi y’u Rwanda itangaza ko nta hohoterwa ryabaye ko ahubwo habaye ukutumvikana no kutamenyana neza, byabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 1 Nzeli 2017.

 

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga