• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Rusizi: Nta muturage winjiza Ibiro birenze kimwe by’umuceli hitwajwe ubuziranenge

Umwanditsi
September 3, 2017

Abatuye mu murenge wa Bugarama, akarere ka Rusizi bavugako iyo bavuye guhaha umuceri uri hejuru y’ikilo kimwe muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo batemererwa kuwinjiza.

Aba baturage, bavuga ko bagera ku mupaka w’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo abashinzwe abanjira n’abasohoka, bakabasaka uwo basanze atwaye umuceri urihejuru ya kilogarama imwe bakabimwambura bamubwirako bitujuje ubuziranenge.

Abaturage baganiriye n’umunyamakuru w’intyoza.com, bavuga ko ikibatera kujya guhahira umuceri muri Kongo, ahanini ari uko ariho bawubona kugiciro gito, ikindi kandi ngo abahinzi b’umuceri mu kibaya cya Bugarama, bagera aho bakumbura umuceri.

Kuba bagera aho bakumbura kurya umuceri kandi bawuhingira, biterwa ngo nuko Koperative bibumbiyemo, itinda kubaha umuceri bajyana kurya mu ngo zabo kandi umuceri uba uhunitse munzu za Koperative.

Aba baturage, bagira bati“ Impamvu tujya guhahira umuceri muri Kongo, ahanini  biterwa n’inzara tuba dufite, ndetse n’ibiciro bihanitse tuguraho umuceri wo mu Rwanda, umuceri uva muri Kongo uba uhendutse cyane.”

Mu kiganiro umunyamakuru w’intyoza.com yagiranye n’Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Harelimana Frederic, yatangaje ko icyo kibazo kivugwa n’abaturage ko babuzwa kwinjiza umuceri urihejuru y’ikilo kimwe ko ntabyo bazi nk’ubuyobozi bw’akarere.

Yagize ati“ Ubundi buriya abaturage bacu batuye muri biriya bice bya Bugarama, ni abantu usanga akenshi bahahira muri Kongo, kuko ubona ko begereye cyane ku mupaka. Ikibazo nk’icyo cyo kubuza abaturage kwinjiza umuceri urengeje ikilo kimwe hariya kumupaka ugabanya u Rwanda n’Igihugu duturanye cya Kongo, ni ubwambere tucyumvise, ariko buriya ubwo tukimenye tugiye kubikurikirana, tumenye impamvu yabyo.”

Abaturage bavuga kandi ko iyo bageze kumpaka bafite umuceri bavanye muri Kongo, abashinzwe abinjira n’abasoka kumupaka w’u Rwanda na Kongo baba bwirako utujuje ubuziranenge ubundi ngo babategeka kuwusubizayo.

Kuba abaturage bavuga ko babuzwa kwinjiza ibilo birenze kimwe by’umuceri ngo kuko udafite ubuziranenge, mu gihe basubijwe Kongo bakagaruka bafite ikilo kimwe gusa, bakemererwa ku kinjiza, bibatera urujijo rwo kwibaza uburyo bagura umuceri wo kurya urenze ikilo kimwe ntugire ubuziranenge ariko bawukuraho ikilo kimwe gusa ukagira ubuziranenge.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter 

Mbonyumugenzi Jean Bosco / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga