• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Perezida Kagame yakomoje ku maganya y’abaturage muri Mituweli

Umwanditsi
October 6, 2017

Mu ijambo rya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yagejeje ku bitabiriye isinywa ry’imigiho ya 2017-2018 ndetse no ku banyarwanda muri rusange, yagarutse kuri Serivise mbi n’amaganya y’abaturage mu mikorere y’itangwa rya Mituweli.

Mu gikorwa cyo kwesa imihigo ya 2016-2017 ndetse no gusinya Imihigo ya 2017-2018, perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashimye abakoze neza, yanabwiye ababonye amanota macye ko bitavuze ko ntacyo bakoze. By’umwihariko, yagarutse ku maganya y’abaturage muri Serivise z’Ubwisungane mu kwivuza-Mituweli.

Perezida Kagame yagize ati “ Ntabwo abantu muturere, abaturage baba barishyuye/barishyuriwe za Mituweli ngo babeho umubare munini uhora uganya ko utabona Serivise.”

Perezida Kagame, agaya cyane imikorere ya bamwe mu bakozi n’abayobozi mu nzego zibanze mu kwakira abaturage muri Serivise za Mituweli, agira ati “ Bajya aho bakeneye Serivise, kugira ngo habeho uburyo bwo kumenya niba umuntu yarishyuye Mituweli, niba byaragenze gute, abantu bakirirwa batonze umurongo, uwagombaga kubikora akaza aho ashakiye cyangwa ntaze, yaza nabwo akaza areba ku isaha. Yaje yakererewe, ariho arareba ku isaha yihuta ashaka gutaha, agaha abantu bari bamutegereje Serivise 30% abandi 70% bakazategereza ikindi gihe azaba yazindutse yumva ameze neza cyangwa ashaka gutanga iyo Serivise.”

Perezida Kagame yagize kandi ati “Ndabasaba rero, Ndabasaba, nkoresheje gusaba ariko mwumve n’ikibiri inyuma nacyo, twarezwe mu kinyabupfura, ubwo navuze mu kinyabupfura, nabasabye. Nabasabaga ariko nzagera aho nisaba noneho icyo ngomba gukora, rwose ikintu cyo guha abaturage Serivise ubagomba ni ngombwa nubwo nakibasabye bwose.”

Mu bikorwa by’imihigo itaha, mu gusuzuma uburyo igerwaho, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye inzego bireba by’umwihariko Minisitiri w’intebe ko abakora isuzuma n’itangwa ry’amanota ku bikurikizwa mu mihigo ko bashyiramo ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare mu rwego rwo kongerera ireme ibiba byagaragajwe, kugira ngo imibare itangwa ibe ari imibare ishingiye ku bintu bifatika, bigaragara, bitari imvugo gusa. Yasabye kandi ubwuzuzanye n’imikoranire mu nzego zose.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga