• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
17/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
17/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari
17/09/25
Indege itagira umupirote( Drone) y’Igisirikare cy’u Rwanda yakomerekeje Abanyeshuri

Abapolisi bo mu karere bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Umwanditsi
October 8, 2017

Abapolisi 25 bavuye mu bihugu bya Etiyopiya, Uganda n’u Rwanda bahuriye mu mahugurwa y’Umutwe w’inkeragutabara wa Afurika y’Iburasirazuba (East-African Standby Force) arimo kubera mu ishuri rya Gishari, basuye urwibutso rwa jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali kuri uyu wa gatandatu taliki 7 Ukwakira 2017.

Aba bapolisi basuye urwibutso mu rwego rw’ amahugurwa y’ukwezi barimo yo guhugura abandi bapolisi mubyo kubungabunga amahoro (FPU training of trainers) aho bazahugura abazakora uwo murimo ku rwego rw’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika.

Ku rwibutso rwa Gisozi, aho bashyize indabo bagafata n’umunota wo kwibuka miliyoni y’inzirakarengane zihashyinguwe, basobanuriwe amateka ya jenoside ndetse n’intege nke zaranze Loni mu kuyihagarika, uburyo yahagaritswe ndetse n’uko igihugu cyatangiye kubaka ubumwe, ubwiyunge, umutekano n’iterambere byacyo.

Umwe mu banyeshuri witwa Supt Etima Twaha Maula ukomoka muri Uganda yavuze ko gukumira amahano nk’aya muri buri gihugu bisaba ko inzego z’umutekano n’ibihugu muri rusange bikorera hamwe nk’Abanyafurika.

SP Twaha yagize ati:”Turimo guhugurwa ngo tuzahugure abazaba mu mitwe yo kurinda mu butumwa bw’amahoro (FPU), irinda abaturage batuye aho ikorera. Tugomba gutabara vuba ahari umutekano muke hose bitaragera ku rwego rw’ibyo twabonye hano”.

Mugenzi we wavuye muri Etiyopiya, Commander Assefa Tegenu Sibsibe yagize ati:”Ibi biragaragaza uko ikiremwamuntu gishobora kubura ubumuntu. Twasobanuriwe amateka mabi ariko twanabonye uko igihugu cyashoboye kwikura mu rwobo, abaturage bakongera kwiyunga kandi bakabana mu mahoro bikaba byatumye twumva ko tugomba kwigira ku mateka y’ibyabaye.”

Yongeyeho ati:”Tugomba no kuvugurura amategeko yacu kandi tugahangana n’ibibazo duhura nabyo, dukorera hamwe nk’ibihugu kandi inzego za Polisi zigahabwa imbaraga zo guhangana n’ibibazo zihura nabyo.”

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5868 Posts

Politiki

4119 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga