• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Bene Rwigara Assinapol, bimwe mubyo basabye urukiko rwabiteye utwatsi

Umwanditsi
October 11, 2017

Mu rubanza ruburanwa ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rya bene Rwigara aribo; Diane Rwigara, Anne Rwigara hamwe na nyina ubabyara Adeline Rwigara, basabye igihe cyo kubona ababunganira barakemererwa ariko icyo guhabwa ku mafaranga bavuga ko ari mu byafatiriwe byatewe utwatsi.

Diana Rwigara, Anne Rwigara (murumuna wa Diane) hamwe na Nyina ubabyara ariwe Adeline Rwigara, kuri uyu wa gatatu tariki 11 Ukwakira 2017 baburanye urubanza rwabo ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, bimwe mubyo basabye byemewe ibindi biterwa ishoti n’urukiko. urubanza rwimuwe.

Ubwo bagezwaga imbere y’urukiko, bene Rwigara bongeye gusaba ko urubanza baregwamo rwakwimurwa ku mpamvu z’uko ngo igitabo gikubiyemo ibyo bakurikiranyweho ari kinini, ko ndetse n’umunyamategeko umwe bafite atakivamo wenyine, ko bakwemererwa gusha undi.

Nyuma y’impaka ndende zazamuwe no kugaragaza inzitizi z’uko igitabo gikubiyemo ibyo Bene Rwigara bashinjwa ari kinini ku buryo Dosiye umunyamategeko umwe atayivamo, Adeline Rwigara nyina ubyara aba bakobwa bombi, yasabye ko urubanza rusubikwa akabasha gushaka umwunganira mu mategeko hanyuma Me Buhuru Pierre Celestin bari bahuriyeho bose akaburanira abakobwa be.

Uyu Munyamategeko Me Buhuru Pierre Celestin ahabwa ijambo, yatangarije urukiko ko yiteguye kuburanira Diane Rwigara hamwe na murumunawe Anne Rwigara. Yavuze kandi ko ubunini bw’iyi Dosiye ikubiyemo ibirego bya Bene Rwigara bwatumye kugeza magingo aya hari ibyo yifuza atarahabwa.

Nyuma y’iminota isaga 30 urukiko rwafashe rwiherera ngo ruze rutanga umwanzuro warwo kubyo bene Rwigara basabaga, rwaje rwanzura ko ari uburenganzira bw’uregwa kugira umwunganira, bityo rero rwemerera Adeline Rwigara gushaka umwunganira mu mategeko nkuko yabisabye. Rwateye utwatsi icyifuzo cya Bene Rwigara cyo guhabwa ku mafaranga ngo yafatiriwe ubwo habagaho igikorwa cy’isaka murugo rwabo. Urukiko rwavuzeko igihe kitaragera ngo ibyafatiriwe bisubizwe.

Urukiko ruburanisha urubanza rwa Bene Rwigara, nyuma y’umwanzuro warwo kubyo Bene Rwigara basabaga, rwasubitse urubanza tutangaza ko ruzakomeza kuri uyu wa gatanu tariki 13 ukwakira 2017. Rwatangaje kandi ko nta mpamvu nimwe izongera gutuma urubanza rusubikwa. Madamu Adeline Rwigara, yavuze mu rukiko ko yifuza kunganirwa mu mategeko na Me Gatera Gashabana.

Kanda hano ujye ubona amakuru y’iwacu kandi isaha ku isaha kuri Facebook no kuri twitter

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga