• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Abahinzi bararira ayo kwarika nyuma y’ikiza cy’imvura yakukumbye imyaka

Umwanditsi
October 18, 2017

Ubuso busaga Hegitari 50 mu gishanga cya Bishenyi, Igishanga cya Kamiranzovu na Bigirwa bibarizwa mu mirenge ya Runda na Rugarika nta myaka yari ihinze ihasigaye, ubutaka bwera bwagiye, Abahinzi baratabaza Leta ngo ibagoboke.

Imvura idasanzwe yaguye kuri uyu mugoroba wa Tariki 17 Ukwakira 2017 yateje umwuzure wangije bikomeye imyaka y’abaturage yari ku buso busaga Hegitari 50 mu bishanga bya; Bishenyi, Kamiranzovu na Bigirwa mu mirenge ya Runda na Rugarika. Imyaka yagiye, ubutaka bwera bwatwawe, abahinzi bararira ayo kwarika ari nako batabaza Leta.

Bakinahe Jean Baptiste, umuhinzi akaba n’umworozi w’Amafi ndetse akaba ari n’umujyanama w’Ubuhinzi yabwiye intyoza.com ati ” Twahuye n’ikibazo cy’amahindu n’imvura nyinshi, yatenguye imirima yatenguye amazu amwe yasenyutse andi araguruka, yashenye ibyuzi 4 by’amafi byanjye, bibiri yabishenye burundu ibindi byarengewe amafi yose aragenda, ibishyimbo n’ibigori byari mu gishanga byose byagiye, mbese nta muntu uzongera kugira ikintu arya, ni amarira gusa mubahinzi.”

Itaka ryiza ryo hejuru ryera ryagiye, aha hari hasanzwe imya.

Christine Nyirahabimana, umuhinzi watwariwe imyaka ndetse n’ubutaka bweraga bukagenda, yabwiye intyoza.com n’akababaro kenshi ati ” Nari mfite imirima itanu y’inyanya zari zitangiye guhisha, nta kintu cyasigaye, ubutaka bwagiye, amazu yahirimye n’igikoni iwanjye cyagiye, nta kintu twasigaranye, nta kintu kizadutunga mbese.”

Muhimpundu Solange, ushinzwe ubuhinzi mu murenge wa Runda ubwo yarimo asura ibice bitandukanye byaho uyu mwuzure watewe n’imvura yangirije abaturage wanyuze, yabwiye intyoza.com ko ibyo abona ari amahano imvura yakoze, ko ari igihombo gikabije kubahinzi, ko ari amarira mu bahinzi bose baba abahinga ibishanga ndetse n’imusozi.

Mu gishanga cya Bishenyi ahagana ku muhanda ujya Rugarika ntabwo wamenya ko hari hahinze ibigori.

Yagize ati ” Byaturenze kuko natwe turi abahinzi, turi inshuti z’abahinzi. Abahinzi batangiye kuduhamagara mu ma saa kumi nimwe z’umugoroba, aho twabashije kugera twahageze ahandi tuzindutse tuza kwifatanya nabo ngo turebe uko bimeze. Ibigaragara, ibishanga byose byo mu murenge wa Runda harimo; Igishanga cya Bigirwa cya Mugomero, Igishanga cya Kamiranzovu aricyo bita Kayenzi hose ni muri Runda, Igishanga cya Bishenyi gifatanije umurenge wa Runda na Rugarika byose byatwawe n’amazi, yari imvura nyinshi irimo n’amahindu menshi, abahinzi bafite amarira menshi.”

Muhimpundu, nk’ushinzwe ubuhinzi yabwiye intyoza.com ko imibare mu byangijwe n’iyi mvura itaramenyekana ngo kuko bacyegeranya amakuru, gusa avuga ko ubutaka bwiza bweraga bwatwawe. Agoronome Muhimpundu, avuga ko nyuma yo kwegeranya amakuru ngo bari bwicare n’inzego z’abahinzi kuva ku mudugudu ndetse banicarane n’ubuyobozi bubakuriye kugera ku rwego rw’akarere barebe icyo gukora.

Abaturage batwariwe imyanka ndetse n’ubutaka bweraga bagasigara mu marira, bahuriza ku gusaba Leta kubagoboka byihuse nibura ngo iki gihembwe cya A cy’ihinga 2018 kitabapfira ubusa ejo bakicwa n’inzara. Basaba ko bafashwa byihuse nibura bakabona imbuto y’ibijumba ngo kuko nta kindi cyakorwa ku butaka bwasigaye kuko ubwo hejuru bweraga bwose bwagiye bityo bikaba bibasaba gutabira bagahinga ibijumba. Amakuru agera ku intyoza.com kandi ahamya ko mu mirenge itandukanye igize akarere ka Kamonyi imvura yangije byinshi bikirimo gukusanyirizwa amakuru.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga