• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Hegitari 71, Igihombo ku bahinzi kirenga Miliyoni enye byatikiriye mu biza

Umwanditsi
October 18, 2017

Nyuma y’ikusanyamakuru ku mvura yateje umwuzure ikangiza byinshi mu bishanga byahingwagamo imyaka n’abaturage, byemejwe ko ubuso bwa Hegitari 71 mu bishanga by’imirenge ya Runda, Rugarika na Gacurabwenge, arizo zatikiriye muri ibi biza, ifumbire n’imbuto bifite agaciro karenga Miliyoni enye byahatikiriye.

Ubuso bwa Hegitari 71 bwari buhinzemo imyaka mu bishanga bihuza imirenge ya Runda, Rugarika na Gacurabwenge nibwo bwatikiriye mu biza, miliyoni zisaga enye zaguzwe imbuto n’ifumbire byose nta nakimwe umuhinzi aramuye.

Igishanga cya Rwabashyashya cyonyine habaruwe Ubuso bwa Hegitari 35 zagiye, Igishanga cya Bishenyi hagiye ubuso bwa Hegitari 28 mu gihe igishanga cya Kamiranzovu na Bigirwa habaruwe Ubuso bwa Hegitari umunani zatwawe n’ibiza.

Mukiza Justin, Umoyobozi w’Ishami ry’ubuhinzi mu karere ka Kamonyi yatangaje ko muri ibi bishanga hari harahinzwe imbuto z’ibigori zingana n’ibiro 1775 mu gihe ifumbire yashyizwemo ingana n’ibiro 7100. Atangaza kandi ko guhinga ibijumba bidashoboka, ko ahubwo bitarenze kuwa kabiri wa tariki 24 Ukwakira 2017, ahatwawe hagomba kuba hongeye gusubizwamo ibigori.

Ukurikije imibare ku kiro cy’imbuto y’ibigori bivugwa ko kimwe kigurwa ku mafaranga 330 ayo Leta itangira umuturage atarimo usanga imbuto zonyine zaratanzweho amafaranga angana n’Ibihumbi magana atanu mirongo inani na bitanu n’amafaranga magana arindwi mirongo itanu y’u Rwanda( 585750Fr), ubaze ifumbire aho ikiro kimwe umuturage bivugwa ko akishyura amafaranga 430 y’u Rwanda, usanga yaratanzweho amafaranga angana na miliyoni eshatu n’ibihumbi mirongo itanu na bitatu y’u Rwanda( 3,053,000Fr), amafaranga yose hamwe ni Miliyoni eshatu n’ibihumbi magana atandatu mirongo itatu n’umunani n’amafaranga magana arindwi mirongo itanu( 3,638,750Fr).

Aka gaciro kabazwe, ni amafaranga gusa abahinzi batanze bagura imbuto y’ibigori bateye ndetse n’ifumbire bashyizemo, ntabwo habariwemo agaciro k’ibyo Leta iba yatangiye umuturage, ntabwo harimo agaciro k’imyaka yindi y’abaturage.

Hari kandi umworozi w’Amafi witwa Bakinahe Jean Baptiste wabwiye intyoza.com ko ibyuzi bye  by’amafi bine byatwawe. Yavuze ko icyuzi kimwe aricyo yarazi ko kirimo agera kuri 700 afite agaciro kagera mu bihumbi magana ane by’amafaranga y’u Rwanda( 400,000Fr) ko ibindi byuzi atazi umubare w’amafi yarimo ndetse n’agaciro k’amafaranga. Muri ibi kandi ntabwo habariwemo imibyizi y’abaturage bashyize muri ibi bikorwa by’ubuhinzi.

Mu gihe iyi mibare y’ibyangijwe n’uyu mwuzure watewe n’imvura yari ivanzemo n’amahindu mu bishanga by’imirenge ya Runda, Rugarika na Gacurabwenge kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukwakira 2017, biravugwa ko amazu asaga 30 muri iyi mirenge wongeyeho umurenge wa Nyamiyaga na Mugina yaba yasenyutse andi akaguruka.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga