• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Diane Rwigara, Adeline Rwigara, Urukiko rwategetse ko bakomeza gufungwa naho Anne Rwigara akarekurwa

Umwanditsi
October 23, 2017

Abacamanza baburanisha urubanza rw’abo mu muryango wa Rwigara Assinappol, bategetse ko Diane Rwigara na Nyina umubyara ariwe Adeline Rwigara bakomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe Anne Rwigara rwategetse ko arekurwa.

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 23 Ukwakira 2017 ahagana ku i saa cyenda zirengaho iminota ibarirwa mu icumi, rwategetse ko Anne Rwigara umuvandimwe wa Diane Rwigara arekurwa agakurikiranwa ari hanze mu gihe rwategetse ko Nyina umubyara ariwe Adeline Rwigara hamwe n’umukobwa we Diane Rwigara bakomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe iperereza rikomeje.

Icyemezo cyo kutarekura Diane Rwigara na Nyina umubyara Adeline Rwigara ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’iminsi 30, urukiko rwagifashe ku mpamvu rwasobanuye ko bafite ibyo bakurikiranyweho bikomeye ku buryo barekuwe bashobora gutoroka cyangwa se bakaba banakwica ipererereza kubyo bakurikiranyweho( bashobora gusibanganya ibimenyetso).

Diane Rwigara, akurikiranyweho gukora no gukoresha inyandiko mpimbano, Adeline Rwigara Nyina wa Diane na murumuna we Anne Rwigara akurikiranyweho icyaha cy’ivangura no gukurura amacakubiri, uko ari batatu bahuriye ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa se imidugararo muri rubanda.

Kuba urukiko rwategetse ko Diane Rwigara na nyina umubyara Adeline Rwigara bakomeza gufungwa by’agateganyo iminsi 30, urukiko rwasobanuye ko biterwa n’uburemere bw’ibyaha bakurikiranyweho, bwavuze kandi ko hari abandi bakurikiranyweho ibyaha nk’ibyabo ku buryo irekurwa ryabo ngo uvanyeho kuba batoroka ngo bashobora no kubangamira iperereza.

 

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga