• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Umugabo yishe umuvandimwe we akoresheje igice cy’icupa

Umwanditsi
October 23, 2017

Kuri uyu mugoroba wa tariki 23 Ukwakira 2017 mu murenge wa Runda mu kagari ka Gihara, umudugudu wa Rukaragata, ahagana ku i saa kumi n’ebyiri, umugabo witwa Havugimana Vincent yishe akoresheje igice cy’icupa murumuna we witwa Gasimba Simon.

Umugabo Havugimana Vincent w’imyaka 42 y’amavuko akaba mwene Sebahutu Petero na Nyirakamana Godeliva, kuri uyu wa mbere tariki 23 Ukwakira 2017 yishe murumunawe witwa Gasimba Simoni w’imyaka 38 y’amavuko akoresheje igice cy’icupa yamuteye mu gice cy’ahari umutima.

Ubu bwicanyi, bubaye nyuma y’aho aba bavandimwe banyweraga ku kabari k’uwitwa Nzabonimana Emmanuel mu mudugudu wa Rukaragata, akagari ka Gihara mu murenge wa Runda. Amwica, ngo yagiye amukurikiye avuye kuri aka kabari maze nyuma yo kumutera iki gice cy’icupa ku mutima bakiri hafi y’aka kabari, uwatewe icupa yagarutse yiruka agihumeka avuga ibimubayeho ari nabwo yagwaga imbere y’aka kabari nkuko bamwe mu baturage babibwiye intyoza.com

Nkuko amakuru intyoza.com ikesha bamwe mu baturage bavuganye nayo ndetse na bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze muri uyu  mu dugudu n’akagari abivuga, uyu Havugimana wishe umuvandimwe we ngo yari asanzwe ari umuturage uhora kenshi agirana ibibazo n’abo mu muryango we dore ko ngo mu minsi ishize yari afunguwe aho yari amaze amezi atandatu afunze azira gukomeretsa umugore we.

Nyuma yo kwivugana umuvandimwe we, Havugimana Vincent ngo yahise atoroka ku buryo kugeza igihe iyi nkuru yandikwaga yari ataratabwa muri yombi, Umurambo wa Nyakwigendera, ubwo twandikaga iyi nkuru wari ushyizwe mu modoka ya Polisi aho bivugwa ko ujyanwe ku bitaro bya Remera Rukoma ho mu karere ka Kamonyi. Amakuru agera ku intyoza.com arahamya kandi ko ikibazo cy’imitungo aricyo gishobora kuba aricyo nyirabayazana w’ubu bwicanyi.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Ruterana says:
    October 25, 2017 at 8:26 am

    Birabaje,gusa nyakwigendera imana imwakire mu bayo,uyu mwicanyi nafatwe ahanwe kuko icyumvikana nuko yiyemeje kuzamara abo mu muryango we abaziza amasambu yarangiza akadukira n’abandi,umuntu nibwo akiva mu buroko ahise yica ,ibi bigaragaza ko uburoko yabuciye amazi yabaye inkora maraso,burya rero ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka numva afashwe yahanwa by’intangarugero ataramara n’abandi.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga