• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Nyuma y’Amatora, muri Kenya ibintu bikomeje kuba amayobera

Umwanditsi
November 8, 2017

Impaka ku batemera ibyavuye mu matora ya Perezida w’Igihugu cya kenya zikomeje kuvugisha benshi, ntabwo biri ku ruhande rw’abamagana gusa Perezida Kenyatta watowe, hari n’abikomye Odinga ndetse bose ubusabe kubyo bifuza bwagejejwe mu rukiko rw’Ikirenga rwa Kenya.

Inyandiko ziriho amasinya y’abantu bamagana uburyo amatora yo mu gihugu cya Kenya yakozwemo zagejejwe mu rukiko rw’ikirenga rw’iki gihugu. Byakozwe ku mugoroba w’uyu wa mbere tariki 6 Ugushyingo 2017 hagendewe ku gihe ntarengwa amategeko ateganya nyuma y’uko amatora abaye.

Aya masinya yagejejwe mu rukiko rw’ikirenga, ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ritangaza ko areba impande zose zitumvikana muri aya matora arizo; Komisiyo y’Amatora, Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwana Odinga hamwe na Perezida Kenyata.

Harun Mwau wahoze ari umunyamategeko, yagejeje mu rukiko rw’ikirenga inzandiko ziriho amasinya y’abamagana Komisiyo y’amatora, umuyobozi wayo hamwe na Perezida Kenyatta.

Mwau ntabwo yemera icyiciro cya kabiri cy’itora rya Perezida ryabaye tariki ya 26 Ukwakirata 2017. Avuga ko byakozwe binyuranije n’icyerekezo cyatanzwe n’urukiko rw’ikirenga, itegeko nshinga n’amategeko agenga amatora.

Uretse Mwau watanze ikirego, hari kandi ikigo kitegamiye kuri Leta cyitwa ” The institute for Democratic Governance” nacyo cyatanze amasinya yamagana abategetsi benshi mu rugaga rutavuga rumwe n’ubutegetsi NASA, barimo umuyobozi Raila Odinga, kuba baragerageje kuyobya itora, kuritesha agaciro no kurwanya itora rishya uko byari byatangajwe n’urukiko rw’ikirenga.

Khelef Khalifa, umuyobozi w’umuryango w’abayisilamu uharanira uburenganzira bwa muntu ufite icyicaro i Mombasa nawe yagejeje amasinya mu rukiko rw’ikirenga afatanije na Njonjo Mue, umuyobozi wa Komisiyo mpuzamahanga y’abacamanza.

 

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga