• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/11/25
Kamonyi-Karama: Operasiyo ya Polisi yavumbuye ahengerwa‘Muriture’ n’abakekwaho ibindi byaha
08/11/25
Kamonyi-Karama: Polisi yataye muri yombi Abagabo 2 bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza Ibiyobyabwenge
08/11/25
Kamonyi-Kayumbu/EP Giko: Hatashywe ibyumba by’amashuri 10 bakurwa mu gisa na Nyakatsi
08/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws

Nyuma y’Amatora, muri Kenya ibintu bikomeje kuba amayobera

Umwanditsi
November 8, 2017

Impaka ku batemera ibyavuye mu matora ya Perezida w’Igihugu cya kenya zikomeje kuvugisha benshi, ntabwo biri ku ruhande rw’abamagana gusa Perezida Kenyatta watowe, hari n’abikomye Odinga ndetse bose ubusabe kubyo bifuza bwagejejwe mu rukiko rw’Ikirenga rwa Kenya.

Inyandiko ziriho amasinya y’abantu bamagana uburyo amatora yo mu gihugu cya Kenya yakozwemo zagejejwe mu rukiko rw’ikirenga rw’iki gihugu. Byakozwe ku mugoroba w’uyu wa mbere tariki 6 Ugushyingo 2017 hagendewe ku gihe ntarengwa amategeko ateganya nyuma y’uko amatora abaye.

Aya masinya yagejejwe mu rukiko rw’ikirenga, ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ritangaza ko areba impande zose zitumvikana muri aya matora arizo; Komisiyo y’Amatora, Umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwana Odinga hamwe na Perezida Kenyata.

Harun Mwau wahoze ari umunyamategeko, yagejeje mu rukiko rw’ikirenga inzandiko ziriho amasinya y’abamagana Komisiyo y’amatora, umuyobozi wayo hamwe na Perezida Kenyatta.

Mwau ntabwo yemera icyiciro cya kabiri cy’itora rya Perezida ryabaye tariki ya 26 Ukwakirata 2017. Avuga ko byakozwe binyuranije n’icyerekezo cyatanzwe n’urukiko rw’ikirenga, itegeko nshinga n’amategeko agenga amatora.

Uretse Mwau watanze ikirego, hari kandi ikigo kitegamiye kuri Leta cyitwa ” The institute for Democratic Governance” nacyo cyatanze amasinya yamagana abategetsi benshi mu rugaga rutavuga rumwe n’ubutegetsi NASA, barimo umuyobozi Raila Odinga, kuba baragerageje kuyobya itora, kuritesha agaciro no kurwanya itora rishya uko byari byatangajwe n’urukiko rw’ikirenga.

Khelef Khalifa, umuyobozi w’umuryango w’abayisilamu uharanira uburenganzira bwa muntu ufite icyicaro i Mombasa nawe yagejeje amasinya mu rukiko rw’ikirenga afatanije na Njonjo Mue, umuyobozi wa Komisiyo mpuzamahanga y’abacamanza.

 

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5907 Posts

Politiki

4158 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1029 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga