• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo
17/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
17/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye
17/10/25
Kamonyi-Kayenzi/GIMI: Barishimira ikorwa ry’Umuhanda wari umaze guhinduka nk’inzira

Igisirikare cya Zimbabwe gitangaza ko kitahiritse ubutegetsi

Umwanditsi
November 15, 2017

Igisirikare mu gihugu cya Zimbabwe gitangaza ko kitahiritse ubutegetsiUbuyobozi bw’Igisirikare cya Zimbabwe buyoboye igihugu muri ibi bihe, bwatangaje ko icyo bwakoze atari uguhirika ubutegetsi, ko Perezida Robert Mugabe hamwe n’umuryango we bamerewe neza, bacungiwe umutekano.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Zimbabwe, nyuma yo gufata Televiziyo y’Igihugu yatangaje ko barimo guhiga abategetsi ba hafi na Perezida Robert Mugabe bateje ihugu akaga mu mibanire ndetse no mu bukungu bwagiye bujya hasi cyane mu myaka ishize.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Zimbabwe, yatangaje kandi ko bahamagarira inzego z’umutekano zose gukorera hamwe. Major General Sibusiso Moyo, yatangaje ko umutekano w’umukuru w’Igihugu Robert Mugabe n’umuryango we urinzwe.

Perezida Robert Mugabe, nkuko bbc dukesha iyi nkuru ibitangaza ngo yahamagaye Jacob zuma, Perezida wa Afurika y’epfo amubwira ko ari amahoro.

Ibimodoka by’intambara bizengurutse Harare, umurwa mukuru w’Igihugu cya Zimbabwe. Igisirikare kivuga ko gishakisha abanyabyaha.

Kuva Zimbabwe yigenga ndetse Mugabe akajya ku butegetsi mu 1980 kugeza uyu munsi ubwo igisirikare gitangaza ibi. Ubukungu ndetse n’imibanire y’Igihugu n’ibindi byagiye bijya hasi cyane. Perezida Mugabe, ubu afite imyaka 93 y’amavuko ariko mu bihe bishize yakomeje kugaragaza kenshi ko atiteguye kurekura ubutegetsi.

 

Intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5891 Posts

Politiki

4142 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga