• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/06/25
Umunyamakuru akwiye kwirinda kugaragara nk’umwanzi mu mpande 2 zihanganye-Me Ibambe
19/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
19/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
19/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere

Urujijo ku ihunga ry’umugore wa Perezida Robert Mugabe

Umwanditsi
November 15, 2017

Grâce Mugabe, umugore wa Perezida Robert Mugabe, bamwe mu ncuti ze z’abayobozi muri iki gihugu baravuga ko uyu Mugore w’umukuru w’Igihugu yahunze akerekeza muri Namibiya mu gihe Igisirikare cyatangaje ko Perezida Mugabe n’umuryangowe barinzwe.

Nyuma y’uko igisirikare cya Zimbabwe gifashe Radio na Televiziyo by’Igihugu ZBC, Maj Gen Sibusiso Moyo yatangaje ko bizeza abanyazimbabwe ko umutekano w’umukuru w’Igihugu Robert Mugabe n’Umuryango we urinzwe kandi ko nta kibazo bafite.

Ubwo igisirikare gitangaza ko umutekano w’umukuru w’Igihugu n’umuryango we urinzwe, Eddie Cross, intumwa ya rubanda mu nteko ishinga amategeko ya Zimbabwe, yatangarije bbc dukesha iyi nkuru ko azi neza ko umugore wa Perezida Mugabe, Grace, yamaze guhungira mu gihugu cya Namibiya.

Iyi ntumwa ya Rubanda mu nteko ishinga amategeko ya Zimbanwe, yatangaje ko Grace mugabe atari afite ahandi ho guhungira, inyuma y’aho akurikiranyweho gukubita no gukomeretsa umukobwa ukora mu bijyanye n’imideri mu gihugu cya Afurika y’epfo.

Igisirikare cya Zimbabwe ntabwo kiremeza neza amakuru ahamye y’ibijyanye na Perezida Robert Mugabe n’umuryagowe uretse gusa gutangaza ko batekanye kandi barindiwe umutekano, igisirikare gitangaza kandi ko yaba Mugabe ndetse n’ishaya rye rya Zanu PF nta cyo bafite ko ahubwo uwari Visi Perezida we ariwe uzabafasha gushyira ibintu mu buryo.

Parezida Jacob Zuma wa Afurika y’epfo yasabye igisirikare cya Zimbabwe guha amahoro n’umutuzo abanyagihugu, yohereje kandi intumwa muri iki gihugu. Mu kiganiro cyahuje Perezida Mugabe na Zuma, Mugabe yamutangarije ko atekanye ariko ko adashobora kuva murugo rwe.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5819 Posts

Politiki

4070 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga