• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Rubavu: Guhuza ubutaka byazamuye  umusaruro wikuba gatanu

Umwanditsi
November 29, 2017

Abahinzi bo mu murenge wa Bugeshi, abenshi bahinga ibirayi ndetse n’ibigori, batangaza ko aho guhuza ubutaka biziye ndetse bagahabwa ifumbire, umusaruro babonaga wikubye inshuro zirenga eshanu. Ibi babiheraho bashima Leta yabafashije kunoza ubuhinzi bakongera umusaruro.

Politiki yo guhuza ubutaka bugahingwaho igihingwa kimwe, ni Politiki itari imenyerewe mu bahinzi ba Bugeshi, nyuma yo gutangira kugendera kuri iyi gahunda yo guhuza ubutaka bagahinga igihingwa kimwe batakivanzemo ibindi, abahinzi bahamya ko umusaruro babonaga wikubye inshuro zisaga ishanu.

Umuhinzi Karangwa, ahinga ibirayi mu murenge wa Bugeshi, ahamya ko guhuza ubutaka bagahinga igihingwa kimwe batabivanze n’indi myaka nkuko bajyaga babikora byazamuye umusaruro ugereranije n’uko mbere byahoze, avuga kandi ko ibi banabifashijwemo n’ifumbire bahabwa bityo umusaruro ukarushaho kwiyongera, ahavaga imifuka itatu cyangwa ine usanga ubu umuhinzi asarura nk’imifuka 15.

Twishime bakunze kwita Maboko, yabwiye intyoza.com ko mbere yasaruraga imifuka ibiri aho yahingaga, gusa ngo nyuma yo guhuza ubutaka no gukoresha ifumbire, iyo ikirere cyagenze neza ngo asarura nk’imifuka 10 y’ibirayi. Asanga ngo umusaruro babona nk’abahinzi uturuka ku kuba Leta yarabegereye ikabagira inama ndetse ikabagezaho n’inyongeramusaruro.

Mvano Nsabimana Etienne, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Bugeshi yabwiye intyoza.com ko guhuza ubutaka hagahingwa igihingwa kimwe, gukoresha ifumbire kw’abahinzi kwazamuye umusaruro ku buryo ngo usanga aho umuhinzi yakuranga nk’umufuka umwe ahasarura imifuka itanu.

Yagize ati ” Umusaruro w’umuturage wikubye inshuro zirenga eshanu ugereranije n’uwo babonaga, abaturage babikesha imbuto y’indobanure bahawe, ariko kandi n’inkunga ya Leta kuri nkunganire ku ifumbire, ni ikintu cyabafashije cyane. Aka ni agace gahingwamo ibirayi cyane, abaturage rero bacu bakurikije inama bahabwa mu buhinzi ndetse n’ubufasha Leta ibaha, biteje imbere binyuze mu musaruro babona.”

Nubwo abaturage bashima ibyiza bamaze kugeraho babikesheje ihuzwa ry’ubutaka no guhabwa ifumbire mu buryo bwa Nkunganire byatumye umusaruro babonaga uzamuka ndetse ukikuba inshuro zigera muri eshanu, hari abavuga ko muri iyi minsi hari ifumbire isa ngo n’icyatsi n’indi y’ibishingwe y’inkorano bazaniwe yatumye umusaruro mu isarura rishize urumba, ibi ngo basaba ko byakosorwa byihuse bagasubizwa ku ifumbire bahoranye, ari nayo bashima ko yazamuye umusaruro wabo.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga