Kamonyi-Musambira: Imbwa yariye abantu batanu, babiri muribo birakomeye

Imbwa bikekwa ko ari iy’umugabo utuye mu kagari ka Karengera mu murenge wa Musambira yariye abantu batanu. Batatu mubo yariye ni abo mu Kagari ka Cyambwe abandi ni abo mu kagari ka Karengera. Ntawe uramenya niba nta bandi yaba yariye. Abo yariye bajyanywe kubitaro.

Abantu batanu mu tugari tubiri two mu murenge wa Musambira bariwe n’imbwa kuri uyu wa mbere tariki 11 ukuboza 2017, bajyanywe ku kigo nderabuzima nacyo kibohereza ku bitaro bikuru bya Remera Rukoma ngo babashe gukurikiranwa. Babiri muri batanu yabariye bikomeye.

Barongerwa Elisee, umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyambwe ari naho iyi mbwa yariye abantu benshi, avugana n’umunyamakuru w’intyoza.com ku murongo wa terefone ngendanwa yavuze ko iyi mbwa yariye abantu batatu bo mu kagari ke, ikarya na babiri bo mukandi kagari ka Karengera, avuga ko amakuru yatanzwe n’abaturage agaragaza ko nyiri iyi mbwa ari umugabo utuye muri Karengera. Gusa avuga ko bataramubona ndetse n’iyi mbwa bayibuze nyuma y’uko iriye aba bantu.

Yabwiye intyoza.com ati ” Yariye batatu bo muri Cyambwe naho babiri ni abo muri Karengera. Imbwa barimo barakeka ko ari iy’umugabo wo muri Karengera witwa Alfred, yahise igenda ntayo twabonye, harimo babiri yariye ku buryo bukabije, bose bajyanywe ku kigo nderabuzima ariko boherejwe kubitaro.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Cyambwe, bwana Barongerwa Elisee yabwiye intyoza.com kandi ko ikibazo cy’imbwa zirya abantu cyaherukaga kumvikana mu kagari ayobora mu myaka ibiri ishize. Iyi mbwa iriye abantu mu gihe hamaze iminsi abantu batunze imbwa bakangurirwa gufata amatungo yabo ndetse no kuyakingiza, nta gihe gishize kandi bamwe mu baturage muri aka karere ka Kamonyi bataka ko imbwa zibarira amatungo none zadukiriye abantu.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →