• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

FERWAFA: De Gaulle yakuyemo akarenge, Rwemarika agashyizemo yakirwa n’impfabusa

Umwanditsi
December 30, 2017

Mu nama y’inteko rusange idasanzwe y’ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda-FERWAFA, uwari perezida bwana Nzamwita Vicent De Gaulle yakuyemo Kandidatire, Madame Rwemarika Felicite washakaga gufata iyi ntebe, yiyamamaje yakirwa n’impfabusa 39 mu majwi 52 y’abatora.

Mu nama y’inteko rusange idasanzwe y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda-FERWAFA, yateraniye muri Hotel Lemigo kuri uyu wa gatandatu tariki 30 ukuboza 2017 mu masaha ya mbere ya saa sita, amatora yari agamije gutora umuyobozi w’iri shyirahamwe yarangiye habuze utorerwa uyu mwanya.

Ku ikubitiro, Bwana Nzamwita Vincent De Gaulle yakuyemo Kandidatire abantu batangira kwibwira ko Rwemarika Felicite wari usigaye ari umukandida rukumbi agiye gutorerwa kuyobora FERWAFA, ibi siko byagenze kuko mu majwi y’abantu 52 bagombaga gutora yatowe n’abantu 13 andi majwi 39 aba impfabusa. Yasabwaga nibura amajwi 27 muri 52.

Nyuma y’uko aya matora ya FERWAFA arangiye habuze utorerwa kuyobora iri shyirahamwe, byatangajwe n’akanama gashinzwe aya matora ko amatora azasubirwamo nyuma y’amezi abiri. Hagati aho Nzamwita Vincent De Gaulle na komite ye, nibo bakomeza kuyobora by’agateganyo(inzibacyuho) y’iri shyirahamwe.

Nzamwita Vincent De Gaulle, mu gukura kandidatire ye muri aya matora yatangaje ko ari ku mpamvu ze bwite n’iz’umuryango. Gusa na none harakekwa ko byatewe no kuba hari ibyagaragajwe ko De Gaulle ubwe yishe amategeko agenga amatora n’ibihe byo kwiyamamaza bahereye ku makuru yagiye hanze agaragaza ko hari bamwe mu bagombaga gutora bararanye muri Hoteli imwe agamije kubigarurira ngo yizere ko bamutora, ibi bikaba ngo byakozwe binyuranije n’amategeko.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga