• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Rwabuze gica hagati y’umukecuru n’abana be bapfa imitungo

Umwanditsi
January 5, 2018

Umukecuru w’imyaka isaga 80 y’amavuko, atuye mu mudugudu wa Nyagatare, Akagari ka Gihara ho mu murenge wa Runda, avuga ko amaze imyaka isaga ibiri ataba iwe, ashinja umwe mu bakobwa be gutuma yangara. Mu gushaka igisubizo binyuze mu nteko y’abaturage byasabye kwiyuha icyuya ku buyobozi bwarimo Mayor.

Nyiraromba Veneranda, afite imyaka isaga 80 y’amavuko akaba atuye mu Murenge wa Runda mu kagari ka Gihara, avuga ko amaze imyaka isaga ibiri asembera, araraguzwa nyamara atabuze aho aba kuko afite ubutaka bwubatsemo inzu yubakiwe na FARG, avuga ko intandaro y’uku gusembera ari umwe mu bakobwa be wamwirukanye mubye.

Aya makimbirane muri uyu muryango nkuko ubwabo bayasobanura amaze igihe, abaturanyi n’abayobozi bagiye bajya mu kibazo cy’uyu muryango ariko bikarangira umwe muri aba atemeye imyanzuro yafashwe kugeza n’aho ikibazo cyagiye mu bunzi.

Alice Kayitesi, umuyobozi w’akarere ka Kamonyi kuri uyu wa kane tariki 4 Mutarama 2018 yahagurukijwe n’iki kibazo ariko kandi agamije no kuganira n’abaturage b’akagari ka Gihara n’abagakikije ngo bajye inama ibafasha kwiteza imbere no gukemura ibibazo bitandukanye usanga byaranyuze mu nzego zibanze zitandukanye ariko bitarakemutse.

Nyuma y’impaka ndende zaranze iki kibazo, benshi mu baturanyi n’abazi iki kibazo cy’uyu muryango bagaragaje ko umukecuru yashatse gutonesha umwe muri aba babiri (umuto)akirengagiza umukuru kandi ari nawe uvugwa ko yagiye arwana kuri uyu muryango awucira inshuro hirya no hino. Byagaragaye kandi ko uyu mukecuru yigeze gutanga iminani muri aba bana ariko nyuma akisubiraho akanga gusinya.

Mayor Kayitesi, afatanije n’inteko y’abaturage banzuye ko iki kibazo kigomba kurangira. Basabye uyu mukecuru kwemera agasinya ko yahaye abana be iminani hanyuma uyu mukuru abaturage n’ubuyobozi bakiyemeza kumwubakira.

Abuzukuru b’uyu mukecuru basabwe kutagira icyo babaza uyu mukecuru kuko ngo ikibazo kiri hagati ye n’aba bana be b’abakobwa.

Uyu mukobwa mukuru muri aba bana babiri ari nawe byagaragajwe ko asa nk’uwashyizwe ku ruhande n’ubwo abasigaye (umukobwa muto n’umukecuru) bamushinja kwirukana mukecuru ariko nyamara atari ukuri kuko byagaragaye ko ngo ibyabaye byatewe no gushaka gutonesha hanyuma afatanije n’umukobwa muto akava murugo hitwajwe ukutumvikana n’umukuru.

Mu gihe mukecuru azaba amaze gusinya ko yatanze iminani, hanzuwe ko uyu mukobwa mukuru azafashwa kuboba aho aba. Muri iyi nteko y’abaturage kandi, Abaturage basabwe kwirinda amakimbirane mungo, basabwe gukora biteza imbere, kwegera ubuyobozi bakabugisha inama mubyo babona batumva neza no kuba buri wese agomba kuba ijisho rya mugenzi we.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga