• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Abanyakigese bishimiye bwa mbere kurangiza ndetse bagatangira umwaka bari hamwe

Umwanditsi
January 9, 2018

Abaturage batuye n’abavuka mu kagari ka Kigese, Umurenge wa Rugarika bavuga ko bwa mbere mu mateka bishyize hamwe bishimira umwaka batangiye, berekanye ko gushyira hamwe kwabo kwabashoboje kugeza amazi meza mu kagari batuyemo.

Akagari ka Kigese ho mu murenge wa Rugarika, abakavukiyemo ndetse n’abaje kugaturamo bavuye ahandi cyane cyane muri Kigali, bishimiye umwaka batangiye wa 2018 banagaragaza ko gushyira hamwe kwabo bitumye bicara bari hamwe, bagasangira ndetse bakishimira ko babashije gukora ibikorwa bitandukanye bakesha ubu bumwe. Ibi bikorwa, birimo amazi meza yageze muri aka kagari ku bufatanye n’Ingabo z’igihugu n’ubuyobozi.

Abaturage baganiriye n’intyoza.com nyuma yo kugaragariza abitabiriye iki gikorwa ibyo bakesha ubumwe bwabo birimo amazi meza, ubufatanye mu kwicungira umutekano ndetse bamaze guhiga ko mu bwisungane mu kwivuza bagiye guharanira kuba aba mbere mu gihugu, bavuze ko igikorwa bakoze ari amateka kuribo ngo kuko nta kindi gihe bigeze babikora.

Mayor Alice Kayitesi aganira n’abanyakigese.

Umusaza Ngenzi Pirimiyani yabwiye intyoza.com ati ” Iki gikorwa tugikora, cyaturutse ku gikorwa twakorewe n’Ingabo mu cyumweru cyahariwe Ingabo(Army week), baduhaye amazi tubona amashanyarazi, twashyize imbaraga hamwe nk’abaturage turafatanya kandi byatanze umusaruro ufatika.”

Akomeza agira ati ” Twavuze tuti, tugihuze mu mpera z’umwaka n’utangira, twishimire ibyo twagezeho mu mwaka urangira, turebe n’ibindi tuzakora umwaka ukurikiye. Byari kandi uburyo bwo gushimira ingabo zacu zadufashije, WASAC hamwe natwe ubwacu nk’abaturage mu ruhare rwacu mu bikorwa biduteza imbere.

Alice Kayitesi, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi mu nama n’impanuro yahaye aba baturage, yabasabye gukomeza ubumwe bagaragaje, gukomeza gushyira imbaraga mu kurinda ibyo bamaze kugeraho, kurushaho kugira ishyaka ry’imihigo y’ibyiza ari nako baharanira kuyesa.

Yagize kandi ati ” Muri abaturage beza bindashyikirwa, kubona mwebwe ubwanyu uku mungana mubasha guhuza mukaza kwishimira ibyagezweho, mukicara mukamenya ikibazo mufite muhuriyeho nk’abaturage kandi mukamenya kwishakamo ibisubizo, mukamenya n’aho mukomanga.” Yakomeje abizeza ubufasha mubyo akarere gashoboye n’ubuvugizi aho bishoboka.

Depite Mukarugema Manzi Alphonsine, yitabiriye ibirori by’abanyakigese akaba ari nawe wari umushyitsi mukuru. Yarababwiye ati” Ndashima ubufatanye mufite hagati yanyu, iki ni ikintu gikomeye cyane, tugomba kuba umwe, iterambere ry’aho dutuye twese abahatuye riratureba. Ubufatanye mufite njyewe narabwiboneye ubwo twakoranaga umuganda n’ingabo mushaka kubona amazi, twagiye mu nama ariko irangiye kubera ishyaka ry’ubu bufatanye yarangiye musubira gukora umuyoboro w’amazi, ni mukomeze ubu bufatanye.”

Ifoto y’urwibutso.

Ubusabane bw’Abanyakigese bishimira kurangiza no gutangira umwaka wa 2018, batangaza ko aribwo bwambere bakoze mu gihe gishize, batumiye inzego zitandukanye mu karere ka Kamonyi, bakiriye kandi Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge mushya baherutse guhabwa witwa Umugiraneza Marthe wari usanzwe ayobora umurenge wa Gacurabwenge, kuwa 7 Mutarama 2018 nibwo iki gikorwa cyabaye, hari abaturage babarirwa hagati ya 800 n’igihumbi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga