• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Drone yaguye mu murima w’umuturage arayiterura ayijyana murugo rwe

Umwanditsi
January 12, 2018

Utudege duto dutwara amaraso tuzwi ku izina rya “Drone”, kuri uyu wa gatanu ahagana i saa moya z’ijoro, imwe yaguye mu murima w’umuturage mu murenge wa Kayumbu, yayiteruye ayitwara muri salon(mu ruganiriro) ayihungisha abayangiza.

Kuri uyu mugoroba tariki ya 12 Mutarama 2018 ahagana ku i saa kumi n’ebyiri n’igice zishyira saa moya, Drone imwe mu tudege duto dutwara amaraso mu bigo nderabuzima n’ibitaro hirya no hino mu gihugu cyane mu bice by’akarere ka Muhanga n’ahagakikije, yaguye mu murima w’umuturage utuye mu kagari ka Muyange, umudugudu wa Nyarurembo.

Nkundimana Francois, umuturage watabariye hafi iyi Drone yari ishungerewe n’abatari bake mu baturage bashakaga kuyireba no kuyikoraho aho yari imaze kugwa mu murima we, yabwiye intyoza.com ko kuyijyana iwe bwari uburyo bwo kuyihungisha abashoboraga kuyangiza.

Yagize ati” Yaje irahagwa mbona ko abantu bakomeje kuza ari benshi bashaka kuyireba no kuyikoraho, ndavuga nti reka nyiterure nyijyane murugo, nayishyize mu nzu iwanjye nyibahungisha, nahise mbimenyesha ubuyobozi bw’umudugudu nabo babwira umurenge, kugeza ubu saa mbiri zirenga iracyari iwanjye.”

Providence Mbonigaba Mpozenzi, umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kayumbu, ubwo yari ahaguye iyi Drone mu masaha ya saa mbiri zishyira saa tatu z’ijoro, yatangarije intyoza.com ko ubwo babwirwaga n’abaturage igwa ry’iyi Drone bahise bihutira kugera aho yaguye mu murima w’uyu muturage no murugo iwe aho yayihungishirije.

Gitifu Providence, yagize ati ” Yaguye mu murima w’umuntu, arayiterura ayijyana muri salon yiwe(mu ruganiriro) n’ubu niho iri. Icyo yakoraga kwari ukuyirinda kugira ngo hatagira umuntu ugira icyo yangizaho.”

Kugeza ahagana ku i saa tatu z’iri joro, ubwo twavuganaga na Gitifu Providence, bari bagitegereje abashinzwe izi Drone bavaga i Muhanga ahari ikibuga cyazo ari naho zihagurukira zikanataha. Iyi yaguye muri uyu murima ngo bakeka ko yavaga mu bice bya Nyabikenke cyangwa se Ruli, yari ifite agakarito karimo amaraso nkuko uyu muyobozi n’abaturage baganiriye n’intyoza.com babitangaje.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. Omar Tony says:
    January 13, 2018 at 6:12 pm

    Uyu muturage ni intwari ikwiye gushimwa rwose! Kurinda ibyo twagezeho ni umukoro was buri wese…

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga