• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
21/03/26
Kamonyi: Meya Dr Sylvere Nahayo, ahaye komite nshya ya PSF umukoro
21/03/26
Minisitiri Uwimana Consolée, ati“ Akarere ka Kamonyi gashobora kuba karatekereje ko kageze iyo kajyaga”
21/03/26
Kamonyi: Ntabwo tuje kuba abayobozi ba PSF, tuje kuba abakozi banyu-Ntiyamira Felix( aka Yadema)/PSF
21/03/26
Rugalika-Umunsi w’Umugore: Gifts Rwanda yaremeye Abagore iboroza Ihene

George weah yarahiriye kuba Perezida wa Liberia

Umwanditsi
January 22, 2018

Uwahoze ari igihangange mu mupira w’Amaguru, George Weah kuri uyu wa mbere tariki 22 Mutarama 2018 yarahiriye kuba Perezida w’Igihugu cya Liberiya. Asimbuye Madamu Ellen Johnson Sirleaf.

Ibihumbi n’ibihumbi by’abaturage ba Leberiya, kuri uyu wa mbere tariki 22 Mutarama 2018 bazindukiye ku kibuga cy’umupira w’amaguru cya Monronvia kwihera ijisho no kumva iby’irahira ry’umukuru w’Igihugu mushya, George Weah.

Uretse abaturage ba Liberiya, irahira rya Weah ryanitabiriwe n’abakuru b’Ibihugu bitari bike by’umugabane wa Afurika hamwe n’abakinnyi bakomeye mu mupira w’amaguru hirya no hino ku isi n’abandi banyacyubahiro.

Mu ijambo rye, Weah yagize ati ” Namaze imyaka myinshi y’ubuzima bwanjye mu bibuga by’umupira w’amaguru, ariko uko niyumva uyu munsi nta narimwe nari narigeze mbyumva.”

Perezida Weah, yashimye Ellen Johnson Sirleaf, Perezida ucyuye igihe uburyo yagaruye amahoro n’umutekano mu gihugu. Intsinzi ya George Weah bivugwa ko ishingiye ahanini ku majwi y’urubyiruko n’abagore, mu kurahira kwe yavuze ko azita cyane ku guhangana no guca ruswa nk’ikibazo cyananiye bikomeye uwo asimbuye.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5939 Posts

Politiki

4188 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1046 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga