• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Kamonyi: Nta muyobozi mu nzego zibanze ukwiye kurarikira ibitamugenewe-Mayor Kayitesi

Umwanditsi
January 24, 2018

Mu nama ya Komiye mpuzabikorwa ubuyobozi bw’Akarere buherutse guhuriramo n’inzego zitandukanye, benshi muri ba midugudu bifuje guhabwa bimwe mubyo babona bigenerwa abakorerabushake b’Ubuzima. Umuyobozi w’Akarere avuga ko badakwiye kubirarikira no kugira umutima mubi kuko nabo ngo hari ibyo bagenerwa abandi batabona.

Kayitesi Alice, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi asaba abakuru b’Imidugudu kutararikira ibitabagenewe, ko nta n’umutima mubi bakwiye kugira mu gihe hari ibintu runaka Leta yageneye abakorerabushake bitewe n’ibyo bakora, ibi ngo bijyana n’ubushobozi bw’Akarere ndetse n’igihugu, ngo bagomba kumva ko atari nabo bakwiye guherwaho.

Nyuma y’ibiganiro, umuyobozi w’Akarere yabwiye intyoza.com ko ibyifuzo bya ba midugudu atari bibi ariko ko kandi bakwiye kumva ko ibitanzwe byose batagomba kubibonaho kuko nabo hari ibyo bajya bagenerwa abandi batabona.

Yagize ati ” Nkuko babigaragaje rero, twababwiye ko ubuvugizi bwo burakorwa ariko kandi binagendana n’ubushobozi bw’Akarere n’Igihugu, kandi ko badakwiriye guherwaho nk’abayobozi, uko ubushobozi bubonetse hari ibyo bagenda bagenerwa bikurikije uko ubushobozi bungana, niyo mpamvu twabasabaga ko batararikira cyane cyangwa se ngo babe bagirira umutima mubi bagenzi babo baba bahawe ibyo ngibyo, na cyane ko nabo hari ibyo baba bahawe biba bitahawe abo bandi bo mu kindi kiciro.”

Ukwifuza kw’Abakuru b’imidugudu kwazamuwe ahanini n’ibikoresho bitanga umuriro uturuka ku mirasire y’izuba biherutse guhabwa abakorerabushake b’ubuzima kimwe n’ibindi bajya bahabwa, bifuza ko ibibagenerwa nabo bakwiye kubibona dore ko nubwo ba midugudu batorwa n’abaturage ariko ni abakorerabushake. Basabwe kutagira irari ry’ibitabagenewe no kwirinda umutima mubi kuko nabo hari ibijya bibagenerwa bitagera kubandi, gusa na none ngo icyaboneka bijyanye n’ubushobozi ntabwo bakwirengagizwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga