• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Umuntu umwe yicishijwe imbugita undi arakomeretswa

Umwanditsi
January 24, 2018

Mu ijoro ryakeye tariki 24 Mutarama 2018 ahagana saa saba zishyira saa munani, mu isantere y’ubucuruzi ya Nkoto iherereye mu murenge wa Rugarika, umugabo umwe yishwe atewe imbugita undi nawe arakomeretswa ajyanwa kwa muganga.

Ubu bwicanyi bwabereye nko muri metero ijana uvuye ku muhanda munini wa kaburimbo mu isantere  y’ubucuruzi ya Nkoto ugafata umuhanda w’itaka werekeza ku murenge wa Rugarika.

Uwishwe ni Stratton Twagirimana w’imyaka 26 y’amavuko. Yatewe icyuma ku gice cy’umutwe ahita apfa. Uwakomeretse ni Eric Nteziryayo w’imyaka 18 y’amavuko, nawe yatewe icyuma ku gice cy’umutwe ariko yajyanywe kubbitaro bya Remwra Rukoma ari muzima.

Umugiraneza Marthe, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugarika yemereye intyoza.com ko amakuru yiyicwa n’ikomeretswa ry’aba bagabo ryabaye, ko uwakoze ubu bwicanyi agishakishwa.

Gitifu Umugiraneza, yavuze kandi ko aba bombi yaba uwishwe(Twagirimana) yakoreraga muri iyi santere y’ubucuruzi aho ngo yacuruzaga naho uyu wakomerekejwe(Nteziryayo) nawe yabaga muri iyi santere aho ngo yahaje azanye na Nyina baturutse mu karere ka Ngororero.

Umugiraneza, akomeza avuga ko abakekwa bagera mu icyenda barimo abasanguraga n’uwishwe n’uwakomerekejwe kimwe na bamwe mu bakozi bo mu kabari banyweragamo  bafashwe bakajyanwa kuri Polisi kubazwa iby’ubu bugizi bwa nabi.

Imbere y’aka kabari niho habereye ubwicanyi. Niho bari basohotse nubwo ngo bahagiye basinze.

Ubwo umunyamakuru w’intyoza.com yageraga muri iyi santere y’ubucuruzi ya nkoto ahabereye ubu bwicanyi, bamwe mu baturage batifuje ko amazina yabo atangazwa bavuze ko umuntu wakoze ubu bugome azwi, ko nubwo yacitse asanzwe azwiho ibikorwa bitari byiza ko ndetse hari amakuru yagiye amutangwaho kenshi ariko ntafatwe.

Umugiraneza Marthe, umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugarika yatangarijw intyoza.com ko mu gitondo cy’uyu wa gatatu tariki 24 Mutarama 2018 abayobozi batandukanye barimo inzego z’umutekano bagiye ahabereye aya mahano guhumuriza abaturage bakanaganira ku kwicungira umutekano no kumenya gutangira amakuru ku gihe.

Abaturage baganiriye n’intyoza.com kandi bamwe bagarutse ku rugomo rukunda kubera muri iyi Santere y’ubucuruzi ya Nkoto aho bavuga ko byose biterwa ahanini n’ubusinzi bw’inzoga z’inzagwa zitemewe zihacururizwa, ngo abantu bazizindukiramo kuva bakibyuka zikanatuma ntacyo bakora kindi uretse urugomo. Ibi kandi umunyamakuru w’intyoza ni nako yabisanze dore ko mu tubari tw’inzagwa tugera muri tune yagezemo ahagana saa yine z’amanywa abantu bari bakubise buzuye bamwe banasinze izi nzoga baha amazina atandukanye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga