• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi: Umujura n’umuzamu batemaguranye bose bajyanwa kwa Muganga

Umwanditsi
January 29, 2018

Umujura yagiye kwiba mu kigo cy’ishuri giherereye mu murenge wa Nyarubaka asakirana n’umuzamu. Umujura yateye icyuma umuzamu, mu kwitabara uyu muzamu nawe yakoresheje umuhoro yari afite atema umujura. Abaje batabaye basanze bose bari hasi bahita baterura buri umwe ajyanwa kwa muganga.

Ndayambaje Jean Marie Vianney batazira Kirayi w’imyaka 27 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Remera, Akagari ka Gitare, Umurenge wa Nyarubaka, kuri iki cyumweru tariki 28 Mutarama 2018 yagiye kwiba mu kigo cy’ishuri ribanza rya Gitare asanga umuzamu witwa Nyandwi Leonard w’imyaka 50 y’amavuko ari maso, barwanye kugeza aho zamu atewe icyuma naho Umujura atemeshwa umuhoro, batabawe n’irondo.

Uyu mujura mu gihe yabonaga ko afashwe agashaka gucika, yateye umuzamu icyuma hafi y’umutima inshuro ebyiri. Mu kwitabara, umuzamu yari afite umupanga nawe yatemye uyu mujura ku mutwe no ku kaboko gafashe icyuma. Irondo niryo ryatabaye risanga bose bari hasi bajyanwa kwa muganga bagihumeka.

Mugambira Etienne, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarubaka yahamirije intyoza.com ko aya makuru ari impamo, ko ndetse umuzamu ariwe wababaye cyane aho ngo yajyanywe mu bitaro bikuru bya kaminuza bya Kigali-CHUK mu gihe uyu mujura yajyanywe ku bitaro bya Kabgayi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga