• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
06/09/25
Kamonyi-Blue Sky School: Abanyeshuri n’Abarimu bashimiwe ku guhesha ikigo ishema
06/09/25
Kamonyi-Runda: Umugabo w’imyaka 35 y’amavuko yasanzwe amanitse mu mugozi
06/09/25
Kamonyi-Mukinga: Abana basaga 128 bataye n’abacikishirije ishuri bagiye kurisubizwamo
06/09/25
Kamonyi-Musambira: Imihigo duhiga ikora k’Ubuzima bw’Abaturage, dusabwa kujyanamo-Gitifu Nyirandayisabye Christine

Ruhango: Utudege tubiri (Drones) dutwara amaraso twakoze impanuka

Umwanditsi
January 30, 2018

Utudege dutwara amaraso tuzwi ku mazina ya Drone, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki 30 Mutarama 2018 twakoze impanuka tugwa mu mirima y’abaturage mu murenge wa Mbuye. Hitabajwe abadushinzwe baza kudupakira.

Utudege duto (Drones) tubiri tumaze kwamamara mu gutwara amaraso ariko kandi tukaba dukunze gukora impanuka, ku i saa kumi ishyira saa kumi n’imwe z’uyu mugoroba wa tariki 30 Mutarama 2018 zaguye mu mirima y’abaturage mu murenge wa Mbuye.

Akadege kamwe kaguye mu mudugudu witwa Cyeru, Akagari ka Mbuye mu murima w’umuturage. Akandi kadege kagwa mu Mudugudu wa Nyarugenge, Akagari ka Gisanga mu murima w’umuturage.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbuye Bwana Byiringiro Jean Paul, ku murongo wa terefone yahamirije intyoza.com iby’izi mpanuka ebyiri z’utudege twa Drones, avuga kandi ko amakuru yatanzwe na ba midugudu b’aho twaguye hanyuma nk’ubuyobozi nabo bakayatanga nkuko ngo bisanzwe bigenda mu buryo bwo gutanga amakuru.

Gitifu Byiringiro, avuga ko utu tudege mu busanzwe tugira ikicaro i Shyogwe yo mu Karere ka Muhanga ariko akaba ari hafi n’Umurenge ayobora. Kamwe kaguye ku Cyeru ngo kavaga i Kinazi kujyana amaraso.

Abakozi bo mu kigo gishinzwe utu tudege baje kudutwara.

Utu tudege dukunda kugwa kenshi nkuko amakuru abaturage bo mu bice by’aho zikunda kunyura bagiye babivuga kenshi ndetse bakanadutoragura mu mirima twaguye. Nta byumweru bitatu birashira akandi kadege kaguye mu karere ka Kamonyi mu murenge wa Kayumbu, hari ku mugoroba wa tariki ya 12 Mutarama 2018 ahagana ku i saa kumi n’ebyiri n’igice zishyira saa moya, ubwo ka Drone kagwaga mu murima w’umuturage akagafata akakajyana iwe mu nzu.

Aha ni Kamonyi, igihe umuturage agakura mu murima we akakajyana iwe muri salon.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5859 Posts

Politiki

4110 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga