• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kamonyi: Umugabo ateye undi ibyuma munda no ku kaboko, akizwa n’amaguru

Umwanditsi
February 16, 2018

Mu rukerera rw’uyu wa gatanu tariki 16 Gashyantare 2018 hafi y’isantere y’ubucuruzi ya Gihara mu murenge wa Runda, umugabo akomerekeje bikomeye uwitwa Mwerekande ajyanwa kwa muganga naho undi akizwa n’amaguru.

Mu mudugudu wa Nyagatare, Akagari ka Gihara ho mu murenge wa Runda, murukerera rw’uyu wa 16 Gashyantare 2018 ku i saa kumi n’iminota 20, umugabo witwa Ntirenganya Emmanuel mwene Munyabuhoro ateye ibyuma munda no ku kaboko uwitwa Mwerekande Emmanuel w’imyaka 32 y’amavuko.

Ntirenganya, akimara gutera mugenziwe ibyuma yakijijwe n’amaguru arahunga mu gihe uyu Mwerekande yahise ajyanwa mu kigo nderabuzima cya Gihara ngo abashe gukurikiranwa n’abaganga aho bivugwa ko ashobora koherezwa mu bitaro bya Rukoma.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gihara, Madamu Umulisa Lea yemereye intyoza.com ko amakuru y’uru rugomo rwavuyemo gukomeretsa hakoreshejwe ibyuma ari impamo, ko ndetse aba bombi ngo bari basanzwe barananiranye, aho ngo badasiba gufungwa bazira ibyaha bitandukanye.

Amakuru kuri aba bagabo bombi, avuga ko ari abantu bananiranye bibera mu isantere y’ubucuruzi ya Gihara, kenshi ngo babarizwa muri gereza. Uyu Mwerekande watewe ibyuma ngo yari amaze iminsi ateye abasore babiri baba Kicukiro ibyuma, mu gihe Ntirenganya ngo yashakishwaga kubera ubujura, yari kandi akubutse muri gereza. Uko ari babiri ngo babarizwa mu byaha byo gukoresha ibiyobyabwenge, urugomo n’ubujura.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga