• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
02/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
02/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
02/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Kamonyi: Minisitiri muri MINEDUC yasuye ishuri rya RTSS asigira impanuro abana b’abakobwa

Umwanditsi
February 19, 2018

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Olivier Rwamukwaya yasuye ikigo cy’ishuri cya RTSS giherereye mu murenge wa Runda. Nyuma yo gutambagira ibice bitandukanye mu kigo areba ibijyanye n’isuku aho yasanze ari nta makemwa, yaganirije abanyeshuri, by’umwihariko abakobwa yabahaye inama n’impanuro ku myitwarire iboneye.

Umunyamabanga wa Leta muri MINEDUC ushinzwe amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro, Olivier Rwamukwaya yasuye ishuri ryigisha imyuga rya RTSS riherereye mu murenge wa Runda. Yaganiriye n’abanyeshuri abasaba kwitandukanya n’icy’aricyo cyose cyababuza amahirwe yo kwiga, yabasabye kwirinda ibiyobyabwenge by’uburyo bwose. Yasabye by’umwihariko abana b’abakobwa kwirinda uwabashora  mu ngeso mbi wese.

Yagize ati ” Turabashishikariza rero kwirinda ibiyobyabwenge, kugira ngo mwige neza muzavemo abanyarwanda bazima, muzigirire akamaro mukagirire n’Igihugu muri rusange.”

Yibukije abakobwa ko ingeso z’ubusambanyi arizo ziviramo bamwe gutwara inda zitateganijwe no kwandura indwara zitandukanye. Yabasabye kumenya kuvuga “OYA”.

Yagize ati ” Abakobwa, mutinyuke guhakana. Mubwire ababashuka ngo ibyo mudushukisha natwe tuzabyigurira ndetse n’ibirenzeho ni turangiza kwiga. Nti bikwiriye ko bagushukisha iby’akanya gato ugatakaza amahirwe y’ubuzima bwawe bwose.”

Yakomeje agira ati ” Ni hagira ubahatira kubikora, ukaba wavuze “OYA” ariko agashaka gukomeza ahatiriza, hari inzego z’ubuyobozi, hari Polisi, hari imirongo itishyurwa uhamagaraho ukavuga uti umuntu arimo arampohotera. Tabaza uvuge ko umuntu arimo kuguhohotera, burya no guhora buri gihe abikubwira, buri gihe ashaka kubigushoramo, ataranabikora ubwabyo, burya nabwo aba arimo aguhohotera.”

Minisitiri atambagizwa ikigo. Gififu w’umurenge ibumoso, Minisitiri, Umuyobozi w’Ikigo na DG muri MINEDUC.

Kutavuga ihohoterwa ngo ni nk’umwe uhishira umurozi akamumara ku rubyaro. Yabasabye gutanga amakuru dore ko ngo hari n’ababikora nk’ubucuruzi, aho usanga hari ababarangira abandi bakabahuza, ibi ngo bigomba gucika.

Uwase Diane, umunyeshuri muri RTSS yabwiye intyoza.com ko ibishukishwa abana b’abakobwa byo bihari nubwo ngo ku ishuri yigaho ntabyo ahazi. Avuga ko hari inzira zishobora kuba intandaro y’ubusambanyi no gutwara inda zitateganijwe.

Agira ati ” Nko kwishuri hari nko kuba umunyeshuri yajya mu mwijima, kwihererana n’umuntu ahantu bonyine hatabona nko mu mashuri hatari urumuri, kujya mu mawikendi (weekend) cyangwa se ikindi gihe ahantu hatazwi no mu buryo butazwi.

Uwase, yemera ko abana b’abakobwa bahura n’ibishuko byinshi birimo abarimu bashobora kubashukisha amanota, guhabwa impano zitandukanye, mu minsi mikuru umwarimu agahamagara umwana w’umukobwa cyangwa se mu yindi minsi, gukundwakaza umwana w’umukobwa mu ishuri n’ibindi ngo bishobora kuba intandaro yo gushorwa mu ngeso mbi ziviramo abatari bake gutwara inda zitateganijwe cyangwa se bakandura indwara zitandukanye aho bamwe ngo binabaviramo kureka ishuri.

Urugendo rwa Minisitiri Olivier Rwamukwaya, rwasozaga gahunda ya MINEDUC yakorwaga hirya no hino mu gihugu mu bigo by’amashuri. Iyi gahunda yateguwe mu rwego rw’ubukangurambaga ku ireme ry’uburezi, yatangiye tariki 5 isozwa tariki 16 Gashyantare 2018.


Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga