• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
23/05/26
Huye: Urumogi ibiro 480, Kanyanga Litiro 460 na Litiro z’Ibikwangari byangijwe ku mugaragaro
23/05/26
Kamonyi-JADF: Abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere basabwe kunoza imikoranire
23/05/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi abagabo bane bakekwaho ubujura
23/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Minisitiri Dr. Bizimana yibukije abahakana n’Abapfobya Jenoside ko ukuri kw’aya mateka kutazacecekwa 

Muhanga: Abagabo babiri bafunzwe na Polisi bakekwaho gucuruza no gukwirakwiza ibiyobyabwenge

Umwanditsi
February 22, 2018

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Muhanga yataye muri yombi abitwa Twagirimana Thomas w’imyaka 22 y’amavuko na mugenzi we witwa Siborurema Felix w’imyaka 42 nyuma yo kubafatana urumogi rugera ku biro 64 n’iminzani 3 bakoreshaga mu kurupima no kurucuruza.

Aba bagabo, bafatiwe mu kagari ka Gahogo, mu murenge wa Nyamabuye, mu karere ka Muhanga kuwa gatatu tariki 21 Gashyantare 2018. Bafungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Nyamabuye.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kayigi, yashimiye abaturage ubufatanye bakomeje kugaragariza Polisi mu gutanga amakuru hagamijwe guca ikwirakwizwa ry’ ibiyobyabwenge mu gihugu.

Yagize ati:’’ Kugira ngo tubafate byaturutse ku makuru baduhaye ko bariya bagabo babiri bafite urumogi kandi ko rubitswe kwa Siborurema. Twahise tubafatira mu cyuho bataratangira ibikorwa byabo byo kujya kurucuruza hirya no hino mu bice bitandukanye. Abaturage bamaze kumva ububi bw’ibiyobyabwenge. Turizera ko ibi bikomeje buri wese akumva ko kurwanya ibyaha biri mu nshingano ze, ibiyobyabwenge birimo  urumogi, inzoga z’inkorano n’ibindi byacika.’’

CIP Kayigi akomeza asaba abakomeje kwishora mu biyobyabwenge  kubihagarika kuko biri mubyaha bihanwa n’amategeko kandi bikanabateza igihombo.

Yagize ati: ‘’ Uretse kuba byangiza ubuzima bw’ubikoresha, ibiyobyabwenge bihanwa n’amategeko y’u Rwanda, mu gihe bifashwe bikangizwa biteza igihombo ubicuruza  kuko amafaranga abishorwamo atagaruka. Ababyishoramo rero  bakwiye kubihagarika kuko hari  ibindi bakora byemewe n’amategeko byatuma  imiryango yabo yunguka kandi igatera imbere.’’

CIP Kayigi yasoje asaba abaturage kurushaho kuba imboni za Polisi y’u Rwanda aho batuye,  bakagaragaza uwo ariwe wese bakekaho gucuruza ibiyobyabwenge kuko bikomeje  kuba ku isonga ry’ibihungabanya umutekano n’ituze ry’abaturage.

Yagize ati:’’Hirya no hino mu midugudu, usanga ibyaha bihaboneka birimo urugomo amakimbirane yo mu ngo, ihohoterwa n’ibindi byose bifitanye isano n’ibiyobyabwenge, aho usanga ababikora baba bataye ubwenge kuko baba banyoye ibiyobyabwenge birimo urumogi n’inzoga z’inkorano, mukwiye kongera imbaraga mu kubirwanya mutangira amakuru ku gihe ku nzego z’umutekano zibegereye.’’

Ingingo ya 594 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda iteganya ko Umuntu wese ukora, uhindura, winjiza, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, ahanishwa igifungo kuva ku myaka itatu (3) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atanu (500.000) kugeza kuri miliyoni eshanu (5.000.000).

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5969 Posts

Politiki

4217 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1053 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga