• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
04/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
04/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
04/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi

Kamonyi: Umubyeyi w’imyaka 55 yishwe, umurambo ukururirwa munsi y’umuhanda

Umwanditsi
February 27, 2018

Ahagana mu masaha ya mugitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 27  Gashyantare 2018 mu murenge wa Kayenzi, Akagari ka Kayanza habonywe umurambo w’umubyeyi witwa Mukangarambe wishwe n’abantu bataramenyekana.

Ku i saa kumi n’ebyiri za mugitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 27 Gashyantare 2018 mu Kagari ka Kayonza, Umudugudu wa Kigwene habonetse umurambo w’umubyeyi witwa Mukangarambe Gaudence w’imyaka 55 y’amavuko wishwe n’abantu bataramenyekana.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kayenzi, Mandera Innocent yahamirije intyoza.com amakuru y’urupfu rw’uyu mubyeyi.

Yagize ati ” Nibyo koko umubyeyi Mukangarambe yabonywe yishwe n’abantu bataramenyekana, hari abakekwa batawe muri yombi bajyanwa kubazwa, umurambo wa Nyakwigendera wajyanywe ku bitaro bya Remera-Rukoma naho abo bafashwe bari kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kayenzi.”

Mandera, yatangaje kandi ko nk’ubuyobozi bahise bajya ahakorewe ubu bugome guhumuriza no gufata mu mugongo abaturage, ariko kandi ngo no kubashishikariza kurushaho kwicungira umutekano no kumenya gutanga amakuru.

Nyakwigendera Mukangarambe Gaudence yabanaga n’umwana we umwe mu gihe undi ari ku ishuri. Amakuru agera ku intyoza.com ahamya kandi ko uyu nyakwigendera yishwe yari ajyanye ibijumba ku isoko.

Intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5904 Posts

Politiki

4155 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1027 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga