• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kamonyi-Rukoma: Abaganga baciwe amande bazira umwanda

Umwanditsi
March 7, 2018

Ibibazo by’umwanda ukabije wagaragaye aho abaganga bakora mu bitaro bya Remera-Rukoma bacumbitse byahagurukije ubuyobozi bw’umurenge wa Rukoma kuri uyu wa gatatu tariki 7 Werurwe 2018 bubaca amande.

Abaganga bakora mu bitaro bya Remera-Rukoma kuri uyu wa gatatu tariki 7 Werurwe 2018 mu masaha ya mugitondo baciwe amande n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Rukoma bazira kugira umwanda mu macumbi yabo ari hafi y’ibitaro bakoramo.

Uyu mwanda wagaragaye mu macumbi y’aba baganga, wabonywe mu bice bitandukanye by’aho baba. Harimo mu bikoni by’aho batekera, mu bwiherero hamwe no murugo aho amazi bakoresheje amenwa murugo akareka  hafi y’inzuzi zihari zitaberanye n’isuku bitewe n’aho ziri no kuba zititabwaho ngo aho ziri harangwe n’isuku. Ibi byiyongeraho imwe mu nzu ibamo aba baganga yangiritse bigaragarira umuhisi n’umugenzi.

Nkurunziza Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma yatangarije intyoza.com ko guca aba baganga amande byari ngombwa, ko ndetse niba ntacyo bakosoye dore ko n’ubundi ngo bari baragiriwe inama, amande aziyongera.

Yagize ati ” Twabaciye amande y’ibihumbi makumyabiri, ni imiryango(Famille) ibiri twabonye, buri muryango twawuciye ibihumbi cumi, hari na gahunda yo gukomeza ni batikosora, tuzakomeza tubahane kandi amande azagenda yiyongera.”

Nyuma yo kumara umwanya hari uguharira hagati y’abakozi bari baje guca amande n’abaganga bayacibwaga, byarangiye abaganga bacibwaga amande bemeye kwakira ibihano, bandikirwa inyemezabwishyu z’amafaranga kubera umwanda.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga