• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/08/26
Ruhango: Abakomoka i Mbuye bahagurukiye guteza imbere aho bakomoka
15/08/26
Huye: Polisi yahuguye abakorera n’abarema isoko rya Rango ku gukumira no kurwanya inkongi z’umuriro
15/08/26
RIB na Polisi, beretse Itangazamakuru abarimo nyiri Uruganda Ingufu Gin Ltd bakekwaho ibyaha bitandukanye
15/08/26
Kamonyi: Turasaba Ababyeyi ko Umuganura utaba umuhango gusa-Visi Meya Uzziel Niyongira

Ingabire Victoire,yabaye intandaro y’igitabo cyiswe “Qui manipule qui”

Umwanditsi
March 8, 2018

Alain Mukuralinda, wabaye mu bushinjacyaha bw’u Rwanda yashyize hanze igitabo kivuga ku buzima bwa Ingabire Victoire mu gihe cy’urubanza rwe. Iyandikwa ry’iki gitabo ngo ryatewe no kuba Alain Muku aho anyuze hose abantu bamubaza ibya Ingabire n’urubanza rwe.

Alain B. Mukuralinda, kuri uyu wa kane tariki 8 Werurwe 2018 yashyize ahagaragara igitabo yise ” Qui manipule qui”, iki gitabo ngo ni igisubiza ibibazo by’abakunze kuvuga ko u Rwanda rwahimbye ibimenyetso mu rubanza rwa Ingabire Victoire Umuhoza.

Amurika iki gitabo, Alain Muku yavuze ko intandaro yo kucyandika yaturutse ku guhora abazwa aho agiye hose ibya Ingabire.

Yatangaje ko kuva yahagarika akazi mu myaka itatu ishize, ngo aho anyuze hose bamubaza ibya Ingabire mu gihe cy’urubanza, ababimubaza ngo ugasanga bagendera ku marangamutima yabo. Ibyo guhora bamubaza kuri ingabire n’ibyabaye mu gihe cy’urubanza rwe ngo byatumye afata umwanya wo kwandika igitabo, bityo ngo ajye aganira nabo baramaze gusoma mu gitabo ibyabaye.

Muri iki gitabo, Alain Muku agaragaza mu buryo bwimbitse iby’urubanza rwa Ingabire Victoire Umuhoza, uko ibimenyetso byagendeweho byagiye biboneka n’uburyo ubushinjacyaha bw’u Rwanda ntaho buhurira no kuba bwari guhimba ibimenyetso.

Yagaragaje kandi muri iki gitabo ko hari ibimenyetso byatahuwe mu rugo rwa Ingabire aho yabaga mu gihugu cy’ Ubuholandi, byagaragazaga uburyo hari inama yagiranaga n’abo muri FDLR, hari kandi amafaranga yajyaga yohereza muri Congo mu barwanyi bagombaga ku mufasha mu mugambi we, byose byatahuwe iwe n’ibindi.

Alain B. Mukuralinda, yatangarije imbaga y’abitabiriye imurika ry’igitabo ” Qui manipule qui” bari biganjemo abanyamakuru ko ibimenyetso ubushinjacyaha bwari bufite ndetse bigashingirwaho mu guhamya ibyaha Ingabire Victoire Umuhoza ko ahubwo byari bike, ngo hari n’ibyagiye biboneka nyuma, ariko na none ngo ibyabonetse byari bihagije ngo ahamwe n’ibyaha yashinjwaga.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

6013 Posts

Politiki

4259 Posts

Ubuhinzi

155 Posts

Ubukungu

1069 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

162 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga