• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Nyabihu: Aterwa ishema no guheka umwana we kandi ari umugabo, abandi ngo bibananiza iki

Umwanditsi
March 9, 2018

Kubona umugabo mu nzira agenda ahetse umwana, abatari bake mu banyarwanda babibona mu buryo bugayitse, ngo si umuco n’ibindi. Bitandukanye n’imyumvire ya Davide Nkundibiza utuye mu kagari ka Guriro, Umudugudu wa Rubungo mu Murenge wa Jenda.

Davide Nkundibiza, atuye mu Murenge wa Jenda, Akagari ka Guriro ho mu Mudugudu wa Rubungo, guheka umwana yibyariye ngo ni ishema kuriwe. Iyo yumvise umuntu uvuga ngo dore umugabo uhetse umwana ngo abyumva nk’indi mbaraga ituma ahubwo abandi bagabo bakwiye kumva ko guheka uwo wabyaye atari ibiharirwa umugore, atari igisebo.

Agira ati ” Mbere nta mugabo wahekaga umwana ariko ni iby’abantu babaga bishyiramo ngo ni umuco. Ko ari uwawe wabyaye, ko ari amaraso yawe, uyahunga ute, uyaharira nde wundi, umugore!? Ni uw’umugore gusa se!?, Mu gihe ufite umwanya, ufite imbaraga n’umugongo wo ku muheka numva kandi mbona nta gisebo kuko ni wowe wamubyaye.”

Nkundibiza akomeza agira ati ” Numva ahubwo nezerewe cyane, uzi iyo bavuze bati dore umugabo uhetse umwana, numva hari ikintu bagiye kunyigiraho, ko babona ko abagore ataribo dukwiye guharira uwo murimo kandi mu kuri uwo duheka ari uwo twafatanije kubyara, kuri njye ni ishema rikomeye. Byose bituruka mu bufatanye, urukundo n’ubumwe buri hagati yawe n’umugore wawe.”

Mu guterwa ishema no guheka umwana yibyariye, Nkundibiza Davide akangurira abagabo bagenzi be kumva ko nta pfunwe, nta baranseka kandi uhetse umwana wawe. Anakangurira abagabo bagenzi be gufata neza abagore babo birinda ihohoterwa iryo ariryo ryose rikorerwa umugore ndetse n’umwana ngo kuko ridindiza iterambere ry’urugo rikanasenya umuryango. Avuga ko abagabo babishatse ihohoterwa ryacika burundu.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga