• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Kamonyi: Pasitori yatawe muri yombi azira gusengera mu rusengero rwafunzwe

Umwanditsi
March 10, 2018

Mu gihe muri Kamonyi hamaze iminsi inkubiri yo gufunga insengero z’amadini n’amatorero zitujuje ibyangombwa, Pasiteri wafunguye urusengero rwafunzwe mu murenge wa Nyamiyaga yatawe muri yombi. Kurenga ku mabwiriza afunga urusengero akarufungura nta burenganzira ni kimwe mu byamukozeho.

Sinzibiramuka Pierre, umupasitori mu itorero ryitwa Revival Faith Center Ministries yatawe muri yombi kuri uyu wa gatandatu mu masaha ya mugitondo ubwo yarengaga ku cyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bwafunze urusengero rwe kubwo kutuzuza ibyangombwa.

Mbonigaba Emmanuel, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamiyaga yahamirije intyoza.com itabwa muri yombi ry’uyu mupasitori. Yagize ati ” Hari umupasiteri, twari twababwiye ko batagomba kuhasengera, uyu munsi twasanze barimo bahasengera, ni mu kagari ka Mukinga, umudugudu wa Nyabubare.”

Mbonigaba, yavuze kandi ko hatabayeho gufunga gusa insengero kuko ngo hari n’izagiye zihabwa igihe cyo kuba zujuje ibisabwa. Avuga ko ibyarebwaga ahanini ari aho insengero zikorera kuko ngo hari izo wasangaga zikorera mu nzu z’ubucuruzi cyangwa se mu nzu yo kubamo ari naho urusengero ruri, hari kureba kandi ubwiherero, izidapavomye, kutagira intebe, ibyangombwa bibemerera gukora n’ibindi.

Pasiteri Sinzibiramuka Pierre, ubwo twavuganaga n’ubuyobozi yari yajyanywe gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mugina. Insengero zashyiriweho ingufuri ngo kugira ngo zongere gusengerwamo ni uko zizaba zujuje ibisabwa, izahawe igihe kandi nazo ngo zitacyubahirije zizafungirwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga