• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Kamonyi-Rukoma: Babiri baguwe gitumo bakora inzoga z’inkorano zitemewe batabwa muri yombi

Umwanditsi
March 12, 2018

Mu rukerera rw’uyu wa mbere tariki 12 Werurwe 2018 mu Murenge wa Rukoma hafashwe abaturage babiri bakoraga inzoga z’inkorano zitemewe. Bafatanywe Litiro zisaga 300 ziramenwa abaturage bahabwa ubutumwa, basabwa kwitandukanya n’abakora ibi bikorwa no kurushaho gutanga amakuru.

Mu Kagari ka Gishyeshye, Umudugudu wa Gahungeri, Umurenge wa Rukoma, Abagabo babiri barimo uwitwa Rubibi Alphonse w’imyaka 62 y’amavuko wafatanywe Litiro 150 z’inzoga yakoraga zitemewe, hamwe na Musoni Pascal wafatamywe Litiro 200 z’izi nzoga zitemewe yakoraga bose baguwe gitumo i saa kumi nimwe z’uyu wa mbere tariki 12 Werurwe 2018 bahita bajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rukoma.

Nkurunziza Jean de Dieu, Umunyamabanga  Nahingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma yatangarije intyoza.com ko Ifatwa ry’aba bagabo uko ari babiri bakoraga izi nzoga zitemewe ryaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Aha ni mugitariro cyazo.

Nkurunziza, avuga ko nyuma yo kugwa gitumo aba bagabo inzoga bakoraga zahise zimenwa mu maso y’abaturage. Ubuyobozi buri kumwe na Polisi ikorera mu Murenge wa Rukoma bahise kandi batanga ubutumwa ku baturage bubakangurira kwirinda no kugendera kure ikorwa ry’inzoga nk’izi zitemewe.

Gitifu Nkurunziza, nkuko yabitangarije intyoza.com ngo nk’ubuyobozi hamwe na Polisi bashima bikomeye ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’ubuyobozi aho ngo bamaze kumenya akamaro ko gutanga amakuru afasha mu gukumira no kurwanya ibyaha no gufata abakora ibinyuranije n’amategeko.

Abaturage bahise bakoreshwa inama.

Muri ubu butumwa, abaturage babwiwe ko kwishora muri ibi bikorwa bitemewe bihanwa n’amategeko, ko bishyira ubikora mu gihombo agatakaza amafaranga n’umwanya akora ibintu byangiza ubuzima bw’abantu. Babwiwe kandi ko iyo ubikora afashwe bimuviramo igifungu, ko ubuyobozi butazigera bwihanganira uwo ariwe wese wakora ibinyuranijen’amategeko, bishyira ubuzima bw’umuntu mu kaga nawe ubwe atiretse.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga