• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/08/26
Ruhango: Abakomoka i Mbuye bahagurukiye guteza imbere aho bakomoka
14/08/26
Huye: Polisi yahuguye abakorera n’abarema isoko rya Rango ku gukumira no kurwanya inkongi z’umuriro
14/08/26
RIB na Polisi, beretse Itangazamakuru abarimo nyiri Uruganda Ingufu Gin Ltd bakekwaho ibyaha bitandukanye
14/08/26
Kamonyi: Turasaba Ababyeyi ko Umuganura utaba umuhango gusa-Visi Meya Uzziel Niyongira

Kamonyi: Ikiraro gihuza Umurenge wa Runda na Ngamba cyaciwe n’imvura 

Umwanditsi
March 13, 2018

Imvura iguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 13 Werurwe 2018 itwaye ikiraro gihuza Umurenge wa Runda na Ngamba. Iki kiraro cyari gifatiye runini ubuhahirane bw’abaturage b’imirenge yombi dore ko cyananyuragaho Ibinyabiziga, aho cyari kiri nti wahamenya.

Ikiraro gihuza Umurenge wa Runda na Ngamba gishenywe n’imvura iguye kuri iki gicamunsi tariki 13 Werurwe 2018 ahagana ku isaa kumi. Iki kiraro cyakoraga ku Tugari twa Kagina(Runda) hamwe n’Akagari ka Kabuga(Ngamba). Abaturage bari bagiye muri buri murenge, kwambuka ntabwo bigikunze, abana bigaga nabo ni uko buri wese ararara aho gicitse ari.

Mwizerwa Rafiki, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Runda yahamirije intyoza.com itwarwa n’imvura ry’iki kiraro anavuga ko ubuhahirane hagati y’imirenge yombi bwahagaze, ko nta n’umuturage uri muri Runda cyangwa Ngamba uri bwambuke akoresheje iyi nzira y’aho ikiraro cyari kiri bitewe n’amazi.

Gitifu Mwizerwa agira ati ” Ikiraro cyacitse ntabwo abari hakurya bari kuza hakuno n’abari hakuno nti bari kujya hakurya. Twabwiye abaturage ko batari bwishore muri ayo mazi. Abana biga ino aha ngaha baracumbika ino aha, abari hakurya bagume hakurya, turahashyira irondo ku gira ngo hatagira uzanamo ubwato cyangwa bimwe bita ibihare. Kubera ko ari amazi y’imvura buriya birageza mu gitondo yagabanutse turebe uko twisuganya dukore wenda inzira y’abanyamaguru babe babona uko bambuka mu gihe hagishakishwa igisubizo kirambye.”

Ikiraro cyacitse gitwawe n’amazi y’imvura nyinshi yaguye cyari gifatiye akamaro kanini abaturage mu mihahiranire, ari ibinyabiziga byagikoreshaga mu bwikorezi bw’ibintu bitandukanye, abaturage b’iyi Mirenge n’abandi bakoreshaga iki kiraro mu buryo butandukanye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

6013 Posts

Politiki

4259 Posts

Ubuhinzi

155 Posts

Ubukungu

1069 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

162 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga