• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Itangazamakuru rifitiye ideni Abanyarwanda – Fidel Ndayisaba

Umwanditsi
April 17, 2018

Mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, itangazamakuru ryabaye igikoresho, hari ibitari gukorwa iyo ritaba umuyoboro w’ikibi. Kuri uyu wa 16 Mata 2018 Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge, yabwiye abanyamakuru ko hari ibyiza  bagomba abanyarwanda, ko ntaho baragera mu guhaza ibyo bakeneweho.

Aganira n’abanyamakuru bo mu bitangazamakuru bitandukanye kuri uyu wa mbere tariki 16 Mata 2018, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge, Fidel Ndayisaba yasabye abanyamakuru gukora batikoresheje ngo bishyure umwenda babereyemo abanyarwanda.

Uyu mwenda ngo uturuka ku mateka atari meza itangazamakuru ryagize mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ubwo ryakoreshwaga nk’umuyoboro wo kubiba urwango, rigakoreshwa nk’intwaro yifashishijwe mu guhiga no kwica abatutsi.

Bamwe mu banyamakuru bateze amatwi ikiganiro.

Ndayisaba yagize ati ” Itangazamakuru rifitiye amadeni abanyarwanda. Ku bw’uruhare itangazamakuru ryagize mu mibanire y’abanyarwanda, mu gusenya ubumwe bw’abanyarwanda, no mu gukwirakwiza ingengabitekerezo y’urwango ikaza kuvamo Jenoside yakorewe abatutsi. Mugomba kumva ko hari ideni mubereyemo abanyarwanda.”

Akomeza agira ati ” Nti muzavuge ngo sitwe twabikoze, ngo wenda n’igitangazamakuru cyacu cyari kitaravuka, hatazagira ubabwira ngo niba atari mwebwe ni mwene wanyu, ushobora kuvuga uti ariko njyewe ntubona ko nta nahuje ibitekerezo nawe?, ariko musangiye izina. Tudashyize muri rusange, itangazamakuru ibyo nzi ryakoreye u Rwanda, tutirengagije y’uko hari n’abagerageje gufasha!, barahari batari benshi, ariko ibyo abo muri uyu muryango murimo, mukorera, umuryango mwiza ufite akamaro cyane, ibyo bakoreye abanyarwanda mu mibanire yabo mu by’ukuri bibashyiramo ideni.”:

Ndayisaba, akomeza avuga ko iby’itangazamakuru ari nk’iby’abanyepolitiki, ko nabo batavuga ngo ibyabaye sibo babikoze. Avuga ko ideni abanyamakuru n’ibitangazamakuru bafite muri rusange ari iryo gusibura aho abababanjirije basibye.

Mu gihe igipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge kigeze kuri 92,5 %, abanyarwanda ngo baha itangazamakuru amanota make cyane, ari hagati ya 75-77%, iki gipimo ngo ni naho hasangwa Amadini n’amashyaka. Icyizere ngo abanyarwanda bafitiye itangazamakuru mu kubafasha mu bumwe n’ubwiyunge bwabo ngo kiri hasi ugereranije n’aho baryifuza. Ibi kandi ngo ni nabyo bisabwa amadini n’amashyaka, ngo si uko badakora, ahubwo ngo ku bwayo mateka mabi yabanje hari byinshi byo gusibura.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga