• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/06/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO
19/06/26
Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha
19/06/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo
19/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro cyane ko nta wundi bafite ubibakorera-Guverineri Kayitesi

Kamonyi: Umuyobozi w’Ikigo cy’ishuri uzwi ku izina rya Mudidi yahagaritse akazi

Umwanditsi
May 1, 2018

Bizimana Emmanuel(Mudidi) yandikiye umuyobozi w’Akarere amumenyesha ko ahagaritse akazi by’agateganyo. Mudidi, azwi cyane mu kigo cy’ishuri cya Remera-Rukoma aho yamaze imyaka isaga 15 akahakurwa ajyanwa mu rwunge rwamashuri rwa Gatizo.

Bizimana Emmanuel, abatari bake bamuzi cyane ku izina rya Mudidi. Mu ibaruwa ye yo kuwa 24 Mata 2018 intyoza.com ifitiye kopi, yandikiye umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi amumenyesha ko ahagaritse akazi by’agateganyo ku mpamvu z’uko arwaye umugongo, umumereye nabi bityo ngo akaba agomba kujya kuwivuza.

Dore uko urwandiko Mudidi yanditse ruteye:

Bizimana Emmanuel (Mudidi), yajyanywe kuyobora urwunge rw’amashuri rwa Gatizo akuwe mu kigo cy’ishuri ryisumbuye rya Remera-Rukoma, bitegetswe na Olivier Rwamukwaya, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro.

Minisitiri Rwamukwaya, yategetse ko Mudidi akurwa mu kigo cya Remera-Rukoma tariki 16 Gashyantare 2018 ubwo yasozaga igikorwa cya MINEDUC cyanyuze mu bigo by’amashuri bitari bike mu karere hagenderewe ubukangurambaga ku ireme ry’Uburezi. Mubyo Mudidi yazize harimo umwanda ukabije wabonywe aho abana b’abahungu bararaga ndetse no mukigo imbere.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5985 Posts

Politiki

4232 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1058 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga