• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi-Mugina: Umugore yishe umugabo we amukubise umuhini

Umwanditsi
May 10, 2018

Umubyeyi w’imyaka 51 y’amavuko witwa Mukasine Costasie utuye mu Kagari ka Kabugondo, afatanije n’umuhungu we witwa Dusabane Eric ngo Bishe Ndorimana Venant(umugabo wa Mukasine), bakoresheje umuhini bamukubise mu mutwe. Aya mahano yabaye mu ijoro ryakeye tariki 9 Gicurasi 2018.

Mukasine Costasie w’imyaka 51 y’amavuko, atuye mu Mudugudu wa Cyeru, Akagari ka Kabugondo ho mu Murenge wa Mugina, mu ijoro ryakeye tariki 9 Gicurasi 2018 ku i saa tanu ngo yishe umugabo we witwa Ndorimana Venant w’imyama 54 y’amavuko. Ku mwica ngo yafatanije n’umuhungu we witwa Dusabane Eric w’imyaka 14 y’amavuko.

Hashimwimana Jean Marie Vianney, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umusigire w’Umurenge wa Mugina yahamirije umunyamakuru w’intyoza.com ko ubu bwicanyi bwabaye, ko impamvu nyamukuru iri mu makimbirane ashingiye ku mitungo.

Yagize ati ” Nibyo umugabo yapfuye. Nageze yo, ni abantu bari basanzwe babanye bafitanye utuntu tw’udukimbirane, amakuru abaturage baduhaye ni ay’uko umutungo wabikwaga n’umugore, bavuga ko yari yarabyakiriye ndetse ko mu rugo yari nk’inganzwa. Bari bafite inzu 2 imwe yarangijwe n’ibiza, bari baritandukanije umugore ararana n’abana, umugabo nawe aba muri iyi yangijwe n’ibiza. Abonye imvura igiye kugwa yagize ubwoba bw’uko yamugwaho asanga umugore we ngo bararane, yamutegetse kujya kuzana uburiri yararagaho, umugore abyutse ngo ajye kubuzana basa n’abashyamirana.”

Akomeza agira ati” Babaye nk’abashyamirana, bafatana mu mashati, hari umwana wabo w’imyaka 14, bafatanye mu mashati umwana aza asa n’ushaka kurengera Nyina noneho umugabo amukubita umugeri ngo yikubita ku nzu, ahita abadukana rero igihini ubwo nyina yari amufashe araza yasa Se mugahanga ahita yitaba Imana.”

Ubwo babonaga bamaze ku mwica ngo bahise bijyana kwa Mudugudu nawe ngo abanza kwanga kubakingurira, bamubwiye ko bagiye kujya kuri Polisi ngo yagize ubwoba arabyuka bamutekerereza ibibaye, bagiye asanga umugore amaze kwica umugabo we afatanije n’umwana we. Bahise babaha DASSO abazana kuri Polisi ya Mugina.

Umurambo wa Nyakwigendera wajyanywe kwa muganga i Kinazi gupimwa. Kuri iki gicamusi cya tariki 10 Gicurasi 2018 nibwo imihango yo gushyingura Nyakwigendera irimo kuba. Nyakwigendera yari yarasezeranye byemewe n’amategeko n’uyu mugore we nkuko ubuyobozi bwabihamije.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga