• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO
08/05/26
Musambira-Kwibuka32: Guha uwishwe Uburuhukiro bwa nyuma ni intambwe ikomeye mu komora ibikomere by’abakiriho- Benedata Zacharie/Ibuka
08/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: The Brothers F.C yatsinze Arsenal 3-2 mu mukino wo Kwibuka abari Abasiporutifu
08/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bunamira kandi bashyira indabo ahiciwe abana basaga 100

Ubufaransa: Urubanza rwa Ngenzi na Barahira rwabaye imbarutso yo kugaruka ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside

Umwanditsi
June 17, 2018

Ngenzi Octavien na Tito Barahira, bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Basimburanye ku kuyobora icyahoze ari Komine Kabarondo mbere ya jenoside. Barimo kuburanishwa mu rukiko rw’ubujurire mu Bufaransa. Bumwe mu buhamya bumaze gutangwa kuri bo, ngo bwabaye imbarutso yo kugaruka k’uruhare rw’Ubufaransa mu gihe cya Jenoside.

Mu rukiko rw’Ubujurire rwo mu gihugu cy’Ubufaransa, kuva tariki 2 Gicurasi kuzageza tariki 6 Nyakanga 2018 haraburanishirizwa urubanza ruregwamo Ngenzi Octavien na Tito Barahira. Bombi basimburanywe mu kuyobora icyahoze ari Komine Kabarongo mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Mu buhamya bumaze gutangwa, hongeye kumvikana uruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe abatutsi 1994.

Sehene Ruvugiro Emmanuel, umunyamakuru woherejwe mu Bufaransa na Pax Press( Umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro) ku bufatanye na RCN-Justice &Democratie gukurikirana iby’uru rubanza, atangaza ko umutangabuhamya witwa Col. Guillaume Ancel, yavuze ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Ubuhamya bwa Col Guillaume ngo bwabaye imbarutso yo kugaruka kuri uru ruhare rw’Ubufaransa.

Mu kiganiro Sehene Ruvugiro Emmanuel yagiranye n’itsinda ry’abanyamakuru bakorana na Pax Press tariki 15 Kamena 2018 yagarutse ku buhamya bwa Col. Ancel n’uruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside.

Ngenzi na Barahira.

Yagize ati “ Ubuhamya bwa Col. Guillaume Ancel, yagaragaje ko ingabo z’Ubufaransa muri Turquoise zaje zifite Misiyo yo kurasa Kigali, kurwana na FPR no gusubiza ku butegetsi Leta y’abatabazi.”

Col. Guillaume Ancel, mu buhamya bwe kandi ngo agaragaza uburyo ingabo z’Ubufaransa mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 zarebereraga abicwaga, zagatanga intwaro zikanashyigikira ubwicanyi n’ibindi.

Muri uru rubanza, Sehene yabwiye abanyamakuru ko nubwo rwagiye ruvugwa kenshi n’ibitangazamakuru by’amahanga kuva mu gufatwa kwabo n’igihe baburanishwaga bwa mbere, kuri iyi nshuro ubwo ngo ruri mu bujurire nta tangazamakuru ryarwitabiriye.

Uretse kandi n’itangazamakuru, uru rubanza kugera tariki ya 15 Kamena 2018 ubwo rwari ku munsi warwo wa 25 wiburanishwa ngo usanga muri rusange rutitabirwa.

Muri uru rubanza, ngo no mu batangabuhamya basaga 70 bamaze kunyura imbere y’inteko y’abacamanza iburanisha, nubwo byari byitezwa ko abo ku ruhande rw’abaregwa ( Ngenzi na Barahira) aribo bashobora kuba benshi, siko ngo byagenze kuko ab’uruhande rw’abaregera indishyi nibo bitabira ari benshi mu gihe Ngenzi na Barahira ari bo bari bajuririye urukiko.

Mu rukiko rwaburanishije mbere Octavien Ngenzi na Tito Barahira, rwari rwabahamije ibyaha rubakatira igihano cy’igifungo cya burundu ari nabwo nyuma baje kujuririra igihano bahawe mu mikirize y’urubanza ubu bakaba bari mu rw’ubujurire.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5959 Posts

Politiki

4207 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1050 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga